Abize muri ICK basabye abanyeshuri kwihangira imirimo kuruta gutegereza akazi ka leta 

Bamwe mu bize mu Ishuri Rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) mu myaka yatambutse, basabye barumuna babo bakiri ku ntebe y’ishuri kugira intego no kudahanga amaso kuri leta ngo ibahe akazi ahubwo bakihangira imirimo. 

Ibi babigarutseho kuri uyu wa 4 tariki ya 30 Ukwakira 2025 mu biganiro bagiranye n’abanyeshuri biga Iterambere ry’imijyi n’ibyaro (RUD) n’abo mu Ishami ryo kubungabunga ibidukikije

Bamwe mu bize muri ICK baje kuganiriza abakiri ku ntebe y’ishuri barimo Burezi Eugene, kuri ubu ukora nk’ Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, Muhindakazi Yvonne,umuyobozi ushinzwe ibidukikije no kurengera imibereho y’abantu muri kampani ya Global Business and Construction Ltd; Boneza Paul usigaye ari rwiyemezamirimo ariko wanahoze akora muri USAID na Shima Twembi Marie Martine, Umuyobozi ushinzwe kunoza serivisi z’abakiriya muri Teknowlegde.

Ibi biganiro byibanze ku rugendo rwaranze aba banyamwuga kuva bakiri abanyeshuri kugeza aho bari mu mirimo itandukanye.

Bagaragaje ko bishimira uburezi bakuye muri ICK, icyakora bavuga ko kugira ngo ugire aho ugera ugomba kumenya icyo ushaka ukagiharanira kugeza ukigezeho, kandi muri byose ukibuka gusenga.

Boneza yabwiye banyeshuri ko mbere na mbere ugomba kugira intumbero, ukayirwanira ugahora uhanganye kugira ngo uyigereho kandi ukirinda gutakaza igihe.

Yakomeje avuga ko kuba inyangamugayo no kwigira ku bandi ari ngombwa kugira ngo nyuma y’ubumenyi umuntu akura ku ishuri abe ufite n’indangagaciro.

Boneza Eugene aganiriza abanyeshuri

Ati: “Tugomba kuba abizerwa ku buryo duhabwa ibintu tukabibyaza umusaruro nta kubinyuza ku ruhande. Ikindi, ubumenyi bwo ku ishuri ni bwiza, ubushakashatsi ni bwiza ariko ugomba no kwigira ku bandi.”

Yakomeje agira ati: “Ni byiza gutekereza no ku guhanga udushya, ntiduhange amaso ku kazi ka leta kuko ak’imuhana kaza imvura ihise kandi tugaherekezwa n’amasengesho.”

Ibi abihurizaho na Muhindakazi uvuga ko kwiga ari byiza bikaba akarusho iyo ubivanze no gusenga.

Muhindakazi Yvonne

Yagize ati: “Mushyire umwete mubyo mwiga mubikunde mwumve ko bizabagirira umumaro ikindi mukunde gusenga nabyo birafasha.”

Naho Shima Twembi wize muri ICK abifatanya n’akazi, yabwiye abanyeshuri ko gukora ibyo wize atari kampara, kuko iyo ukoze bimwe bikanga ubivamo ukajya mu bindi.

Ati: “Mwige neza mushyiremo umwete mubone ‘Degree’ ni nziza izagufungurira imiryango, ariko ntikagutere igitutu ngo nintabona ibyo nize sinzakora.”

Yongeyeho ko kugira intego y’ubuzima ukamenya icyo ushaka nabyo biri mubyagufasha kugera kure kandi heza.

Shima Twembi

Ati” Iyo wamenye icyo ushaka n’ubwo cyatinda ukigeraho kandi ibi byose ubishobozwa no guhagarara ku byemezo ufata ukirinda kwigereranya, nibyo bituma ntawukwinjirira ngo akubuze kugera kucyo ushaka 

Yongeyeho ko no kugira inshuti ari byiza ariko uba ugomba kumenya abo ugendana nabo ukamenya kugenzura ibyo uvuga ku buryo bigirira akamaro wowe n’uwo ubibwiye

Gitifu wa Kibirizi, Burezi Eugene, we yasabye barumuna be kwirinda ibirangaza, ahubwo bakita ku masomo yabo kuko aribyo bizabafasha ku isoko ry’umurimo.

Ati : “Muri iyi si ni uguhatana. Niba wiga wige neza kugira ngo ejo uzabone uko ujya gupinganwa ku isoko ry’umurimo. Ikindi mugomba kwirinda icyabarangaza kigatuma mutagera ku ntego zanyu.”

Gitifu wa Kibirizi, Burezi Eugene

Yaboneyeho no kubabwira ko gukoresha igitabo bizwi nko kudodesha ntaho byabageza.

Ati : “Umuntu utariyandikiye igitabo biragoye ko yatsinda ikizamini cy’akazi ntan’ubwo ashobora kuba umuhanga abantu bashakisha.”

Bamwe mu banyeshuri bitabiriye ibi biganiro, babwiye ICK News ko hari byinshi bungukiye kuri bakuru babo.

Niyomwungeri Emilio avuga ko ibyo yakuye mu kiganiro ari byishi birimo kudahanga amaso kuri leta, ahubwo bakihangira imirimo.  Ati: “Namenye uko nakwihangira umurimo nkiteza  imbere ntategereje ngo nzakora ibyo nize mu ishuri.”

Yakomeje avuga ko ubutumwa yaha bagenzi be batabashije kwitabira ari uko “bagomba gufunguka mu mutwe, bagatekereza kure, hanyuma bakibaza ngo ese ndashaka iki? nakigeraho nte?”

Ibi abihurizaho na Umukundwa Honorine uvuga ko yamenye uko yabaho atishingikirije ku bandi bantu yaba ababyeyi n’abandi. Anavuga ko inama bagiriwe ku kugira inshuti z’umumaro biri mu bifasha umuntu kugera ku ntego ze kandi bagakora cyane kugira ngo bagere ku ntego zabo batibagiwe no kugira ikinyabupfura.

Rutsibuka Innocent, Umwarimu akaba n’umuyobozi w’ishami rishinzwe gufasha no guteza imbere impano z’abanyeshuri, mu izina rya ICK yashimiye abashyitsi, anabwira abanyeshuri ko nyuma y’ubumenyi bwo mu ishuri bagomba kugira n’indangagaciro nziza, kuko ngo iyo utazifite akazi gashobora kukunanira cyangwa se bigatuma utagera aho washakaga kugera.

Abashyitsi bari kumwe n’abakozi ba ICK

Ati: “Mbere na mbere ugomba gukora cyane, ukagira ikinyabupfura, imyitwarire myiza, ugakora ibintu biri ku murongo, buri gihe ukagendana n’abantu bari ku murongo, ukicara ukiga byanze bikunze utera imbere, kandi ahari ubushake byose birashoboka.”

Uruzinduko rw’aba banyamwuga rwari urwa kane nyuma y’urwakozwe n’abize mu Ibaruramari, Icungamutungo n’imibanire y’abantu (Sociology), Itangazamakuru n’Inozabubanyi, ndetse n’Uburezi hakaba hatahiwe abiga Ubuforomo n’Ububyaza. Ibi biri muri gahunda ICK yatangije yo guhuza abarangirije muri ICK n’abakiri ku ntebe y’ishuri kugira ngo babafashe gutegura ejo hazaza no kwinjira ku isoko ry’umurimo

Dr. Simpunga Innocent (hagati) ukuriye ishami ry’iterambere muri ICK, Rutsibuka Innocent (ibumoso) na Nkiliye Ildephonse (iburyo)