Mu rwego rwo gukomeza ivugabutumwa binyuze mu ndirimbo no gusangira ibyishimo n’abakunzi bayo, Chorale Saint Pierre Gitarama iri gutegura igitaramo cyiswe “Summer Harmony Concert”, kizaba ku itariki ya 16 Kanama 2026 muri Hotel Splendid Muhanga, kikazatangira ku isaha ya kumi z’umugoroba (16:00).
Iki gitaramo cyateguwe na Chorale Saint Pierre Gitarama ikorera ubutumwa muri Paruwasi ya Mutagatifu Andereya i Gitarama, kigamije guhuza abakristu Gatolika ndetse n’abandi basengera mu yandi matorero n’amadini, binyuze mu mbaraga z’umuziki uryoheye amatwi kandi ufite ubutumwa bwubaka.
Mu kiganiro na ICK News, Perezida wa Chorale Saint Pierre Gitarama, Gallican Havugimana, yavuze ko iki gitaramo kigamije gufasha abantu kwegera Imana, gusenga no kuruhuka binyuze mu ndirimbo, ndetse no kugaragaza urwego iyi korari igezeho mu miririmbire.
Yongeyeho ko iki gitaramo atari umwanya wo kwidagadura gusa, ahubwo ko ari n’uburyo bwo gukomeza umurimo w’ivugabutumwa Chorale Saint Pierre Gitarama imaze imyaka ikora binyuze mu muziki.
Yagize ati “Turifuza guha abakunzi bacu umwanya wo kwegera Imana binyuze mu ndirimbo, no kubereka impano n’ubushobozi Chorale yacu ifite mu kuririmba no gusingiza Imana.”
Havugimana yagarutse ku gaciro k’umuziki mu rugendo rwo kwegera Imana, ashimangira ko indirimbo ari uburyo bukomeye bwo gutanga ubutumwa no gufasha abantu mu isengesho. Yifashishije amagambo ya Mutagatifu Agusitini agira ati: “Qui bene cantat bis orat”, bisobanura ko uririmbye neza aba asenze kabiri.
Uyu muyobozi yasobanuye ko bahisemo izina “Summer Harmony Concert” kubera ko igitaramo kizaba mu gihe cy’impeshyi, igihe abantu benshi baba bakeneye kuruhuka, gusabana no kwidagadura.
Ati “Ni umwanya wo guhuza abantu binyuze mu muziki, bakaganira, bakaruhuka kandi bagasangira ibyishimo mu ndirimbo zifite ubutumwa bwiza.”
Iki gitaramo kizaba kigizwe n’indirimbo zitandukanye zigaragaza ubuhanga bw’abaririmbyi ba Chorale Saint Pierre Gitarama, aho abazacyitabira bazasusurutswa n’urusobe rw’injyana zirimo ‘classical music’, indirimbo z’umuco, iz’iyobokamana, karahanyuze ndetse n’izindi ndirimbo zinyuranye zifite ubutumwa kandi zinyura amatwi.
Chorale Saint Pierre Gitarama yashinzwe mu mwaka wa 1986 muri Paruwasi ya Mutagatifu Andereya i Gitarama. Kuri ubu imaze imyaka 40 ikora umurimo w’ivugabutumwa binyuze mu ndirimbo, ikaba ifite abaririmbyi basaga 115 bitabira imyitozo no kuririmba, hamwe n’abaterankunga n’abakunzi bayo.
Kwinjira muri iki gitaramo bizakorwa hakoreshejwe amatike ari mu byiciro bitandukanye. Itike isanzwe (Regular) igura amafaranga 2,000 Frw, iya VIP igura 5,000 Frw, mu gihe iya VVIP ari 10,000 Frw. Abifuza kwicara ku meza y’abantu batanu bishyura 50,000 Frw.
Abifuza kugura amatike bashobora kuyabona banyuze kuri MoMoPay bakoresheje code ya 2167289, cyangwa bagakoresha urubuga rwa “nkorela.space” bagakurikiza amabwiriza ahari kugira ngo barangize igikorwa cyo kugura itike



