Ese FC Barcelona na Liverpool zakora ibitangaza zigakomeza muri ½ cya Champions League?

Imikino yo kwishyura ya UEFA Champions League irakomeza kuri uyu wa Kabiri no ku wa Gatatu, aho amakipe akomeye ku mugabane w’u Burayi agiye guhatanira itike ya ½.  Hari amakipe afite akazi gakomeye ko kwishyura ibitego yatsinzwe mu mikino ibanza, mu gihe andi afite amahirwe yo gukomeza.

Mu mukino utegerejwe cyane kuri uyu munsi saa 21:00, Atlético Madrid irakira FC Barcelona. Abakinnyi ba Atlètico Madrid bAfite impamba y’ibitego 2-0 batsindiye i Barcelona. Ikipe ya FC Barcelona iyobowe na Hansi Flick irasabwa gukora ibishoboka byose kugira ngo yishyure ibitego bya Julian Alvarez na Alexander Sørloth batsinzwe mu mukino ubaza. 

Amateka si meza kuri Barcelona kuko iheruka gutsindirwa kuri iki kibuga ibitego 4-0 muri Copa del Rey, ibintu bituma benshi bibaza niba iza gusezerera Atlético ya Diego Simeone.

Liverpool irakira PSG mu Bwongereza

Ku rundi ruhande, kuri iyo saha, Liverpool iresurana na Paris Saint-Germain ku kibuga cya Anfield. PSG ifite impamba y’ibitego 2-0 byatsinzwe na Désiré Doué na Khvicha Kvaratskhelia mu mukino ubanza wabereye mu Bufaransa. Liverpool y’umutoza Arne Slot irasabwa gukora ibitangaza, cyane ko mu mukino ubanza itigeze itera mu izamu ry’abo bahanganye.

Ejo ku wa Gatatu 21:00, Bayern Munich nayo izakira Real Madrid ifite amahirwe nyuma yo gutsinda umukino ubanza ibitego 2-1. Ibitego bya Harry Kane na Luis Díaz byafashije Bayern kubona intsinzi i Madrid muri Espagne, mu gihe Kylian Mbappé ari we watsindiye iyi kipe ifite iki gikombe bahataniye inshuro nyinshi. Nubwo byifashe bityo, Real Madrid ifite abakinnyi bakomeye barimo Vinicius Jr na Jude Bellingham na Mbappé bashobora guhindura ibintu mu mukino wo kwishyura uzabera kuri Allianz Arena.

Real Madrid irasabwa gutsindira Bayern iwayo kugira ngo yizere gukomeza

Mu wundi mukino, Arsenal izakira Sporting CP yo muri Portugal ifite icyizere cyo gukomeza, nyuma yo gutsinda umukino ubanza igitego 1-0 cyatsinzwe na Kai Havertz ku munota wa nyuma.

Nubwo iherutse gutsindwa na Bournemouth muri Premier League, Arsenal izaba ifite inyungu yo gukinira imbere y’abafana bayo ku kibuga Emirates Stadium ejo 21:00.

Muri rusange, biteganijwe ko iyi mikino iraba irimo ihangana rikomeye bitewe n’uko mu mikino ibanza ntakiba yabashije gutsinda ku kinyuranyo kibitego byinshi. Ibyo biratuma buri kipe iraba ishaka gutsinda ngo ibone itike ya 1/2 cya UEFA Champions League.