Volleyball: APR yegukanye igikombe cya Zone V

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Werurwe 2025, amakipe y’ingabo z’igihugu mu mukino w’amaboko wa Volleyball ‘APR VC na APR WVC’ B yegukanye igikombe cy’Irushanwa ry’amakipe yo mu Karere ka Gatanu (Zone V) rizwi nka ‘CAVB Club Championship 2025’.

Iyi mikino yarimo ikinirwa mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala, yari ihuje amakipe yitwaye neza mu karere k’iburasirazuba kagizwe na Uganda yakiriye irushanwa, u Rwanda, u Burundi, Kenya, Tanzania na Sudani y’Epfo.

Imikino ya nyuma yabimburiwe n’uw’abagore, aho APR WVC yakinye na Kenya Pipeline WVC yo muri Kenya yageze ku mukino wa nyuma itsinze Sport-S amaseti 3-0, mu gihe APR WVC yageze ku mukino wa nyuma itsinze KCB WVC yo muri Uganda amaseti 3-0

Ni Umukino wari ishiraniro ku makipe yombi, iseti ya mbere ntiyahira Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda kuko yatsinzwe amanota 25-20, mu gihe iya kabiri yayinjije mu mukino neza iyegukana itsinze 17-25.

Amaseti abiri ya nyuma nayo yari ishiraniro nyuma yo kunganya seti imwe ku yindi.  Kenya Pipeline WVC yifuzaga kugaruka mu mukino ntibyayikundiye birangira seti ya gatatu irangira yegukanwe na APR WVC ku manota 24-26, mu gihe iya kane yo yabaye amanota 23-25. Umukino warangiye APR WVC itsinze amaseti 3-1.

Nyuma y’uwo mukino Hahise hakurikiraho umukino wa nyuma mu bagabo wahuje APR VC na Police VC, aya makipe akaba asanzwe amenyeranye cyane muri shampiyona y’umukino wa Volleyball mu Rwanda.

Nk’andi makipe yose y’abakeba mu iseti ya mbere amakipe yombi yagaragaje ihangana n’inyota yo gutsinda, ariko irangira APR VC yegukanye iseti ya mbere ku manota 26-24.

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yaje yiminjiriyemo agafu dore ko yashakaga kwisubiza igikombe cy’iri rushanwa bityo biyifasha kwegukana seti ya kabiri ku manota 25-19.

Seti ebyiri za nyuma zose zatwawe n’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yatsinze amanota 25-18 ku iseti ya gatatu, ndetse na 25-21 ku ya kane, bityo ihita yegukana iki gikombe icyambura Police VC yagitwaye umwaka ushize.

CAVB Club Championship 2025 ni irushanwa ryahuje amakipe yo mu bihugu bitandukanye byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, aho kuri iyi nshuro hitabiriye amakipe yo muri Uganda yakiriye imikino, Rwanda, Tanzania, Kenya, Burundi na Sudani y’Epfo.