Uganda yohereje ingabo zidasanzwe muri Sudani y’Epfo iri gututumbamo intambara

Umugaba w’ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba yavuze ko kuri uyu wa kabiri, igihugu cye cyohereje ingabo zidasanzwe mu murwa mukuru wa Sudani y’Amajyepfo Juba, kugira ngo zibungabunge umutekano mu gihe ubushyamirane hagati ya Perezida Salva Kiir na Visi Perezida we wa Mbere, Riek Machar, buteye impungenge z’uko igihugu gishobora gusubira mu ntambara.

Gen Muhoozi, wari mu bayobozi b’igikorwa cy’ingabo zidasanzwe za UPDF cyo kurinda Juba mu 2013, kuri uyu munsi yatangaje ko igikorwa icyo aricyo cyose kizasubiza inyuma Perezida Salva Kiir kizafatwa nko gutangaza intambara kuri Uganda.

Yagize ati: “Twebwe, UPDF, twemera gusa Perezida umwe wa Sudani y’Epfo, Nyakubahwa Salva Kiir. Ni ‘Afande’ wacu no muri UPDF kuko ni murumuna wa muzehe. Intambwe iyo ari yo yose yo kumurwanya ni ugutangaza intambara yo kurwanya Uganda!”

Yagaragaje kandi ko ingabo zidasanzwe za Uganda zinjiye i Juba mu minsi ibiri ishize kugira ngo zibungabunge umutekano mu umujyi.

Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba w’ingabo za Uganda

Kohereza ingabo za UPDF bije mu gihe hashize iminsi amakimbirane yariyongereye muri Sudani yepfo, nyuma y’uko guverinoma ya Kiir ifunze abaminisitiri babiri n’abayobozi bakuru mu bya gisirikare bifatanije na Machar. Kuva icyo gihe minisitiri umwe yarekuwe.

Guta muri yombi kwabereye i Juba n’imirwano yabeye mu nyengero z’umujyi wa Nasir uherereye mu majyaruguru byafashwe nk’ibyashyira mu kaga amasezerano y’amahoro yo mu 2018 yatumye habaho iherezo ry’intambara ya gisivile yamaze imyaka itanu hagati y’ingabo zishyigikiye Kiir nazishyigikiye Machar, yahitanye abarenga 400,000.

Nyuma y’intambara y’abenegihugu muri Sudani yepfo mu 2013, Uganda yohereje ingabo zayo i Juba kugirango zongere ingufu za Kiir kurwanya Machar. Amaherezo bakuweho muri 2015.

Nyuma y’uko intambara y’abaturage itangiye muri Sudani y’Epfo mu 2013, Uganda yohereje ingabo zayo muri Juba kugira ngo zifashe ingabo za Kiir mu kurwanya iza Machar. Izo ngabo zaje gukurwayo mu 2015.

Ingabo za Uganda zongeye koherezwa i Juba mu 2016 nyuma y’imirwano ikomeyee hagati y’impande zombi ariko nazo zaje kuvanwayo.

Uganda ifite impungenge ko intambara itutumba muri icyo gihugu bihana imbibe mu majyaruguru, ishobora gutera kohereza impunzi nyinshi ku mupaka, bityo bikaba byanateza umutekano muke.

Kainerugaba ntiyasobanuye niba ingabo zoherejwe ari icyifuzo cya guverinoma ya Kiir cyangwa ngo avuge igihe zizamara muri Sudani y’Epfo.