Mourinho yahishuye impamvu Real Madrid itasinyishije Rodri werekeje muri FC Barcelona

Umutoza mushya wa Real Madrid, José Mourinho, yavuze ko amakenga no kuzuyaza kwa Rodrigo Hernández “Rodri” ari byo byatumye iyi kipe ihagarika ibiganiro byo kumusinyisha, mbere y’uko uyu mukinnyi yerekeza muri mukeba wayo FC Barcelona avuye muri Manchester City.

Rodri, umwe mu bakinnyi bakomeye bakina hagati mu kibuga, yari mu bakinnyi bavuzwe cyane ku isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi muri iyi mpeshyi ya 2026. Amakuru avuga ko Real Madrid yari yaramweretse amasezerano akomeye, ariko ibiganiro ntibyakomeje kubera ibyo Mourinho yatangaje ko ari “amakenga” uyu mukinnyi yagaragaje.

Mu kiganiro yagiranye na El Chiringuito TV, Mourinho yavuze ko we na Rodri baganiriye inshuro nyinshi kuri telefoni, ndetse Real Madrid yari yiteguye kumusinyisha amasezerano akomeye.

Ati: “Twavuganye inshuro zitari nke kuri telefoni. Real Madrid yari yamuhaye amasezerano akomeye cyane. Ariko Rodri yari afite amakenga menshi n’ukuzuyaza, kandi ibyo byatumye nanjye ngira amakenga.”

Mourinho yakomeje avuga ko kuri we, umukinnyi uhamagawe na Real Madrid atagomba kumara igihe kinini atekereza kuza muri iyi kipe, bitewe n’uburemere n’amateka yayo.

Yongeyeho ati “Ni umukinnyi wo ku rwego rwo hejuru cyane, ariko Real Madrid ni ikipe nini cyane ku buryo tudashobora kwihanganira umukinnyi uzuyaza. Iyo Real Madrid iguhamagaye, ntabwo uba ugomba gutekereza cyane. Ahubwo uhita ubaza uti: ‘Murashaka ko nza ryari?’”

Mu gihe ibiganiro na Real Madrid bitakomeje, FC Barcelona yabonye amahirwe yo kwinjira mu biganiro na Rodri, birangira uyu mukinnyi afashe icyemezo cyo kwerekeza i Camp Nou.

Amakuru yatangajwe avuga ko Barcelona yamwegukanye kuri miliyoni 65 z’amayero (€65million), mu masezerano azageza mu mwaka wa 2030.

Rodri na we ngo yagaragaje ibyishimo bikomeye nyuma yo kwerekeza muri Barcelona, avuga ko gukinira iyi kipe yo muri Catalonia ari inzozi zabaye impamo.

Icyakora Mourinho avuga ko Real Madrid itagomba gufatwa nk’aho yagize igihombo nyuma yo kutabona Rodri. Yagaragaje ko ikipe atoza ifite abakinnyi beza bakina hagati mu kibuga kandi ko yizeye ubushobozi bwabo.