Umuvugizi wa APR FC, Tony Kabanda, yatangaje ko iyi kipe iri gutegura ikiganiro n’itangazamakuru, aho izatanga ibisobanuro ku mpamvu yikuye mu irushanwa rya FERWAFA Super Cup 2026 ndetse n’izindi ngingo zirebana n’umupira w’amaguru.
Kabanda yabwiye Radio Rwanda mu kiganiro Urubuga rw’Imikino ko APR FC izatumira abanyamakuru mu kiganiro, bakaganira ku ngingo zitandukanye kandi bagatanga ibisubizo ku bibazo biri kuvugwa.
Ati: “Vuba aha tuzabatumira mu kiganiro n’itangazamakuru ku bijyanye n’umupira, tuzaganira kandi muzakuramo ibisubizo byiza. Ku ruhande rwa APR FC ntacyo turi bubivugeho aka kanya.”

Tony Kabanda, Umuvugizi wa APR FC
APR FC iherutse kwikura muri FERWAFA Super Cup 2026, ivuga ko itari yaramenyeshejwe mbere impinduka zabaye mu mitegurire y’iri rushanwa, ndetse ko nta mwanya ihafite kubera imyiteguro y’imikino ya CAF Champions League.
Nyuma y’icyo cyemezo, mu nama yahuje FERWAFA n’abayobozi b’amakipe azitabira Super Cup yabaye ku wa 18 Kanama 2026, hemejwe ko Mukura VS ari yo isimbura APR FC muri iri rushanwa.
Ubu amaso ahanzwe ku kiganiro APR FC izagirana n’itangazamakuru, aho benshi bategereje ibisobanuro birambuye ku cyatumye iyi kipe ifata iki cyemezo.


Umwanditsi: Irasubiza Chanceline
