Imibare y’agateganyo yatangajwe na Komisiyo y’Amatora muri Uganda yagaragaje ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni ari imbere cyane mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ku majwi arenga bitatu bya kane by’amajwi amaze kubarurwa.
Ibyavuye mu ibarura ry’amatora byagateganyo byatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu. Amajwi amaze kubarurwa yari 45%, aho Museveni yari afite 76%, mu gihe Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yari afite 20%.
Abandi biyamamaje bagaragara inyuma yabo barimo Nathan Nandala Mafabi wo mu ishyaka Forum for Democratic Change (FDC) uri ku mwanya wa gatatu n’amajwi 2,08%, agakurikirwa na Mugisha Muntu wa Alliance for National Transformation (ANT) ufite 0,57%. Elton Joseph Mabirizi wa Conservative Party (CP) yari afite 0,21%.
Hari kandi Robert Kasibante wa National Peoples’ Party (NPP) na Mubarak Sserunga Munyagwa wa Common Man’s Party (CMP), buri wese afite 0,28%, mu gihe Frank Bulira Kabinga wa RPP yari afite 0,45%.
Biteganyijwe ko ibisubizo bya burundu by’ibyavuye mu matora byitezwe ko bizatangazwa ku wa 17 Mutarama 2026. Mu gihe byakomeza gutya, Perezida Museveni w’imyaka 81 yakwegukana manda ya karindwi yo kuyobora Uganda.
Aya majwi y’agateganyo aje mu gihe Robert Kyagulanyi yari yatangaje mbere ko yizeye gutsinda ku majwi agera kuri 80%, aho yabitangaje nyuma yo gutora ku wa 14 Mutarama 2025. Ku rundi ruhande, Museveni nawe yari yagaragaje ko afite icyizere cyo gutsinda ku majwi menshi, anashimangira ko bidashoboka ko Bobi Wine yamutsinda mu gihe hataba habayeho kwiba amajwi.
Yoweri Kaguta Museveni ayoboye Uganda kuva mu 1986, nyuma yo gufata ubutegetsi avuye mu rugamba rwahiritse Perezida Milton Obote. Mu kwiyamamaza kwe, yashimangiye ko aramutse atowe azakomeza gushyira imbere umutekano, iterambere ry’inganda, kubaka ibikorwaremezo no kubungabunga ibyiza igihugu kimaze kugeraho.
Robert Kyagulanyi, wavutse mu 1982, uzwi nk’umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi akaba akunzwe cyane n’urubyiruko rwa Uganda. Yamenyekanye bwa mbere mu muziki ku izina rya Bobi Wine cyangwa ‘Ghetto President’, mbere yo kwinjira muri politiki aho yatowe mu Nteko Ishinga Amategeko mu 2017.
Muri aya matora ahagarariye ishyaka rya National Unity Platform (NUP), aho yakomeje kwiyerekana nk’umuyobozi ushaka guha urubyiruko ijambo rikomeye, cyane ko ari rwo rugize umubare munini w’abaturage ba Uganda. Yongeye kwiyamamaza nyuma yo guhigikwa na Museveni mu matora yo mu 2021.