Urwego rushinzwe gucunga Itangazamakuru mu Bwongereza, Ofcom, rwatangaje ku wa Gatatu rwatangije iperereza ku rubuga rwa internet bivugwa ko rufitanye isano n’urupfu rw’abantu 50 mu Bwongereza.
Ofcom yavuze ko iri perereza rishingiye ku bubasha bushya yahawe n’Itegeko rishya ry’Umutekano wo kuri murandasi ‘Online Safety Act of 2023’, rigamije kurinda abakoresha murandasi, cyane cyane abana.
Ofcom ntiyatangaje izina ry’urwo rubuga cyangwa uwarushinze “kubera uburyo ruteye,” icyakora televiziyo yo mu Bwongereza BBC, ku bufatanye na CBS News, batangaje ko iperereza ryabo ryagaragaje ko urwo rubuga ruherereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kandi rugizwe n’abanyamuryango ibihumbi n’ibihumbi barimo n’abana.
BBC yemeje ko abarusura baganira ku buryo bwo kwiyahura, bakanasangiza abandi uburyo bwo kugura no gukoresha imiti yica.
Ofcom yagize iti “Twagerageje inshuro nyinshi kuvugana na ny’iri uru rubuga tumumenyesha ko ibyo akora bitemewe n’amategeko, twanamusabye gutanga raporo y’ingaruka z’ibikorwa bitemewe binyura ku rubuga rwe ariko yaduhaye ibisubizo bidahagije n’amakuru adashimishije ku ngamba zafashwe zo kurinda abarukoresha bo mu Bwongereza.”
Ofcom yatangaje ko iri perereza ari irya mbere ikoze kuri uru rubuga ndetse ko niramuka isanze utanga serivisi atarubahirije ibyo asabwa, ishobora gusaba inkiko gutegeka ko ibikubiye kuri urwo rubuga bikurwaho, ndetse ikanamuca amande ashobora kugera kuri miliyoni 23 z’amadolari y’Amerika.
BBC yavuze ko urwo rubuga rwashyizweho mu 2018, kandi ko rufitanye isano n’urupfu rw’abantu nibura 50.
Muri bo harimo n’umusore w’imyaka 17 witwa Vlad Nikolin-Caisley, wapfuye muri Gicurasi umwaka ushize.
Ababyeyi be babwiye BBC ko bafite ibimenyetso by’uko Vlad yahatiwe n’abandi bari kuri urwo rubuga gufata icyemezo cyo kwiyahura, banamwigisha uko yabikora.
Bivugwa ko yaguze umuti wica, maze akurikiza amabwiriza yo kwiyahura.
Ababyeyi be bamaze igihe basaba Ofcom gufunga urwo rubuga, bavuga ko iyo ruba rwarufunzwe mbere, umwana wabo yari kuba akiriho.
Bati: “Uko mutinda gufata icyemezo, ni ko impfu zizakomeza kwiyongera.”
Nubwo umubare ugarukwaho w’abamaze gupfa ari 50, Umuryango ‘Molly Rose Foundation’, washinzwe mu rwego rwo kwibuka Molly Russell, umukobwa w’imyaka 14 wiyahuye mu 2017 nyuma yo kureba amashusho yerekeye kwiyahura ku mbuga nkoranyambaga, wo wemeza ko uru rubuga rushobora kuba rufitanye isano n’impfu z’abantu 97.
Umuyobozi w’uwo muryango, Andy Burrows, yagize ati: “Twishimiye ko Ofcom yatangiye gufata ingamba zo guhagarika uru rubuga rubi rugamije gusa kwica abantu. Uko rugumaho niko abantu benshi bakomeza gushyirwa mu kaga. Ntitwakomeza kwihanganira kubona uru rubuga rufunguye.”
Mu mibare yashyizwe ahagaragara ku wa Gatatu n’ubuyobozi bw’u Bwongereza, igaragaza ko mu mwaka wa 2024 muri iki gihugu hiyahuye abantu ibihumbi 5,690, mu gihe mu mwaka 2023 abari biyambuye ubuzima banganaga n’ibihumbi 5,656.
