Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus yatangaje ko umutwe witwaje intwaro wa Rapid Support Forces (RSF) wo muri Sudani, wishe abasivili amagana ku bitaro bikuru bya El-Fasher, nyuma y’iminsi mike ufashe uwo mujyi.
Dr. Tedros yavuze ko OMS “yatunguwe kandi ikababazwa cyane” n’amakuru avuga ko abantu 460 bishwe ku bitaro bya El-Fasher, asaba ko ubwicanyi bukorerwa mu bigo by’ubuvuzi buhagarara ako kanya.
Mbere yaho, Ihuriro ry’Abaganga bo muri Sudani (Sudan Doctors’ Network) ryari ryatangaje ko ku wa Kabiri abarwanyi ba RSF “bishe abantu bose bari imbere mu bitaro bya Saudi Hospital”, barimo abarwayi, abarwaza ndetse n’abandi bose bari bahari.
Nta mibare y’abishwe ryatangaje, ariko ryavuze ko amavuriro n’ibitaro byo mu mujyi wa El-Fasher byahindutse inzu zicirwamo abantu.
Iryo huriro ry’abaganga ryongeye kandi gushinja RSF gushimuta abakozi b’ibitaro batandatu, barimo abaganga bane, umuforomo n’umufaramasiye, ndetse bivugwa ko basabye amafaranga arenze $150,000 kugira ngo babarekure.
Itsinda rya ‘El-Fasher Resistance Committee’, rigizwe n’abahagarariye abaturage, ryemeje naryo iby’igitero cyagabwe ku bitaro bya Saudi Hospital, rivuga ko nyuma yaho “habayeho umutuzo uteye ubwoba” mu mujyi wose.
El-Fasher yari icyicaro cya nyuma cy’igisirikare cya Leta mu karere ka Darfur, ariko yafashwe n’umutwe wa RSF ku cyumweru, nyuma y’amezi 18 wibasiwe n’inzara n’ibisasu bidashira.
Dr. Tedros yavuze ko mbere y’iki gitero, OMS yari imaze kwemeza ibitero 185 byagabwe ku bigo n’amavuriro kuva intambara yatangira, byahitanye abantu 1,204.
Yagize ati: “Ibitero byose bigabwa ku bigo n’amavuriro bigomba guhagarara vuba na bwangu kandi ntamananiza. Abarwayi bose, abakozi b’ubuzima n’ibigo n’amavuriro bagomba kurengerwa nk’uko biteganywa n’amategeko mpuzamahanga y’ubutabazi. Intambara ihagarikwe!”
Ifatwa rya El-Fasher ryagize ingaruka zikomeye, kuko ryagabanyijemo Sudani ibice bibiri. Umutwe wa RSF ubu ufite ugenzura uduce twinshi two mu karere ka Darfur ndetse n’igice kinini cya Kordofan, mu gihe igisirikare cya Leta kigenzura umurwa mukuru Khartoum, hamwe n’uturere two hagati n’iburasirazuba bw’igihugu hafi y’inkengero z’Inyanja Itukura.
Aba bombi, RSF n’igisirikare cya Leta, bahoze ari abafatanyabikorwa, kuko bafatanyije gufata ubutegetsi mu 2021 bahiritse ubutegetsi bwariho. Nyuma yaho, batandukanye ubwo hatangizwaga umushinga wemejwe n’amahanga ugamije gusubiza ubutegetsi abasivili.
