Ikipe ya Al-Ahli SC Wad Madani yari mu makipe atatu yo muri Sudani aherutse gusaba gukina Shampiyona y’u Rwanda ya 2025/2026, yatangaje ko itazitabira iri rushanwa nk’uko byari biteganyijwe.
Ku wa 24 Ukwakira 2025, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ku bufatanye n’urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere, Rwanda Premier League, ryari ryemereye amakipe atatu yo muri Sudani — Al-Ahli Wad Madani, Al-Merrikh na Al-Hilal SC Omdurman gukina muri shampiyona y’u Rwanda, bitewe n’ibibazo by’intambara byugarije Sudani kuva mu 2023.
Gusa, nk’uko byemejwe na Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, ku wa 27 Ukwakira 2025, hari hasigaye ko amakipe yose ashimangira bidasubirwaho ko yiteguye gukina Shampiyona yose ndetse no kubona uburenganzira bwa nyuma butangwa n’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF).
FERWAFA yatangaje kuri uyu wa Kane ko Al-Ahli Wad Madani yikuye ku rutonde rw’amakipe yari yemejwe gukina Shampiyona ya Rwanda Premier League y’umwaka wa 2025/26.
Itangazo ryayo rigira riti:
“Ku mpamvu zayo bwite, ikipe ya Al-Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani yari iherutse gusaba kwitabira Shampiyona ya Rwanda Premier League 2025-2026, itakitabiriye irushanwa ry’uyu mwaka.”
Kugeza ubu, Shampiyona y’u Rwanda igeze ku munsi wa Gatandatu, iyobowe na Police FC itaratakaza inota na rimwe.
Ni mugihe andi makipe abiri yo muri Sudani ya Al-Hilal SC na Al-Merrikh, biteganyijwe ko azatangira gukina ku munsi wa Karindwi w’iyi Shampiyona, mu cyumweru gitaha.
