Senegal yambuwe Igikombe cya Afurika gihabwa Moroc

Ikipe y’igihugu ya Senegal yambuwe Igikombe cya Afurika (AFCON 2025) nyuma y’icyemezo cyafashwe mw’Ijoro ryo ku wa 18 Werurwe 2026 n’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), binyuze mu kanama kayo gashinzwe ubujurire.

Uyu mwanzuro washingiye ku ngingo ya 84 y’amategeko agenga amarushanwa, igaragaza ko ikipe y’igihugu ya Senegal yakoze amakosa akomeye mu mukino wa nyuma, yatumye iterwa mpaga kabone n’ubwo umukino wararangiye itsinze Maroc igitego 1-0. Muri uru rubanza, Senegal yagaragaweho kutubahiriza amategeko y’irushanwa, bikaba byaragizwe nk’ikosa rikomeye ryatumye yamburwa igikombe.

Mu by’ingenzi byagaragajwe harimo: kutubahiriza amabwiriza y’irushanwa mbere cyangwa mu gihe cy’umukino, ibibazo bijyanye n’imyitwarire y’ikipe, haba ku bakinnyi, abatoza n’abafana, no kuba ibyo byaragize ingaruka ku mukino wa nyuma, bikabangamira Morocco

Bitewe n’izo mpamvu, CAF yemeje ko Senegal iterwa mpaga y’ibitego3-0, biha intsinzi Morocco ihita itwara igikombe.

N’ubwo bigenze bityo, Senegal yari yabanje gutsinda Morocco igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wabaye tariki ya 18 Mutarama 2025. Uwo mukino wabayemo impaka zikomeye, aho abakinnyi ba Senegal basohotse mu kibuga mu rwego rwo kwamagana icyemezo cy’umusifuzi.

Ku munota wa nyuma w’umukino, Morocco yahawe penaliti itaravuzweho rumwe, bituma abakinnyi ba Senegal bafata icyemezo cyo gusohoka mu kibuga. Nyuma y’iminota igera kuri 17, bongeye kugaruka mu kibuga, umukino urakomeza.

Penaliti yatewe na Brahim Díaz yarahushijwe, maze Senegal iza gutsinda igitego cy’intsinzi mu minota y’inyongera cyatsinzwe na Pape Gueye.

Nyuma y’itangazo rya CAF, Senegal yahise ifata icyemezo cyo kujuririra muri FIFA.