Obama uherutse kuvuga ko ibivejuru bibaho yisobanuye

Barack Obama wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasobanuye ko amahirwe ko Isi yaba isurwa n’ibiremwa byo mu isanzure bizwi nka ‘aliens’ ari “macye” nyuma y’uko ibyo yari yavuze mbere kuri ibyo bivejuru bitavugwaho rumwe, bikuruye amatsiko ya benshi.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko mu kiganiro cya ‘podcast’ yagiranye na Brian Tyler Cohen ku wa Gatandatu tariki ya 14 Gashyantare, Obama yabajijwe n’iba ibivejuru bihaho asubiza agira ati: “Bibaho ariko ntabwo nabibonye.”

Yongeyeho ati: “Ntabwo bibitswe muri Area 51. Nta hantu munsi y’ubutaka habyo hahari keretse babaye barabihishe Perezida wa Leta Zunze Ubumwe.”

Area 51 ni ikigo cy’ibanga rikomeye cyane kigenzurwa n’ishami ry’ingabo zo mu kirere ry’Igisirikare cy’Amerika, hakorerwa amagerageza atandukanye n’imyitozo.

Obama yavuze ko mu mibare, hari amahirwe ko hari ubuzima ahandi mu isanzure ariko ko “nta kimenyetso” cyabwo yabonye igihe yari perezida.

Ku wa gatandatu, Obama yasubije kiriya kibazo mu buryo bwo kubazwa no gusubiza vuba vuba.

“‘Aliens’ zibaho?” ni ko Cohen yamubajije nk’ikibazo cya mbere muri ubwo buryo bw’ikibazo n’igisubizo vuba vuba.

Igisubizo yatanze cyagarutsweho n’ibinyamakuru byinshi kandi benshi bakigarukaho ku mbuga nkoranyambaga, ibyatumye ku Cyumweru, kuri Instagram, asohora inyandiko yo gusobanura igisubizo cye.

Obama yanditse kuri Instagaram ati: “Nari ndimo ngerageza kuguma mu murongo w’imiterere y’iri bazwa rya vuba vuba ariko kuko benshi babyitayeho, reka nsobanure.”

“Mu mibare, isanzure ni rinini cyane ku buryo amahirwe ashoboka ko hari ubundi buzima aho hanze y’Isi. Ariko intera iri hagati system y’izuba n’imibumbe irigaragiye n’izindi ni nini cyane ku buryo amahirwe y’uko twasuwe n’ibinyabuzima bindi byo mu isanzure ari macye, kandi nta gihamya nabonye mu gihe nari perezida ko ibyo biremwa [aliens] byaba byaratugezeho. Rwose!”

Obama wabaye Perezida w’Amerika kuri manda ebyiri, hagati ya 2009 na 2017, mbere yigeze no kuvuga kuri ibi biremwa n’ibigendajuru bizwi nka UFO (Unidentified Flying Objects).

Mu 2021 yavugiye kuri televiziyo ko ubwo yajyaga ku butegetsi yabajije niba hari ‘laboratoire’ ihari “aho tubitse ibimenyetso bya ‘aliens’ n’ibigendajuru bitazwi”.

Yagize ati: “Bakoze ubushakashatsi buto maze igisubizo kiba oya”, gusa nanone yakomoje ku mashusho yafashwe y’ibigendajuru biri mu kirere byari bitarasobanuka icyo gihe.