Kuri iki Cyumweru, tariki ya 28 Mata 2024, Manizabayo Eric uzwi nka Karadiyo yegukanye isiganwa ry’amagare ‘Race to Remember’ ryateguwe na Ferwacy mu rwego rwo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Manizabayo Eric yegukanye iri siganwa mu cyiciro cy’abagabo mu gihe mu cyiciro cy’abagore, isiganwa ryegukanwe na Mwamikazi Djamila.

Mu cyiciro cy’abagabo, abasiganwa baturutse kuri Canal Olympia (ku i Rebero) berekeza mu Karere ka Bugesera (i Nemba), bagaruka kuri Canaly Olympia ariho cyasorejwe. Ni intera ingana na 113km aho Manizabayo Eric ukinira Benediction Cycling Team yayitwaye akoresheje amasaha 2, iminota 44 n’amasegonda 57.
Mu cyiciro cy’abagore, abasiganwa bahagurutse kuri Canal Olympia berekeza mu Mujyi wa Bugesera ariho bakatiye bakagaruka kuri Canal Olympia. Intera ingana na 71.8km yegukwanwe na Mwamikazi Djamila ukinira Ndabaga Cycling Women Team wakoresheje isaha 1, iminota 47 n’amasegonda 23.

Ni ku nshuro ya munani iri rushwa riba kuko ryatangiye muri 2016. Kuva ryatangira, rimaze kwegukanwa na Byukusenge Patrick (2016), Uwizeyimana Bonaventure (2017, 2018 na 2019), Mugisha Moise (2022), Ngendahayo Jeremie (2023) na Manizabayo Eric (2024).
Kugeza ubu, muri uyu mukino, SAKUMI Anselme wari Visi perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda ni we umaze kumenyekanya ko yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nyuma y’iri siganwa abaryitabiriye basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro aho bunamiye inzirakarengane ziharuhukiye.



