Umunyamideli w’Umunyamerika Kim Kardashian yahakanye ibivugwa ku mbuga nkoranyambaga bimushinja kubuza Kanye West guhura n’abana babyaranye, avuga ko ibyo ari ibihuha bidafite ishingiro.
Ibi yavbivugiye mu kiganiro “Call Her Daddy” kimaze kwamamara ku rubuga rwa YouTube. Kim yasobanuye ko atigeze abuza Kanye kubona abana, ahubwo ikibazo kiri ku ruhande rwa Kanye ubwe, udaha umwanya uhagije inshingano za kibyeyi.
Yagize ati: “Abantu bavuga ko nima Kanye abana, ni ibintu bimbabaza. Simubuza kubabona. Ahubwo hashize amezi abiri atabasura. Iyo ashoboye kubabonera umwanya, aba abemerewe.”
Kim na Kanye basezeranye mu 2014, baza gutandukana mu 2022. Babyaranye abana bane, aribo North West, Saint West, Chicago West, na Psalm West.
Ibi bivuzwe nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amakuru avuga ko Kim yanga ko Kanye abona abana, ibintu byakuruye impaka ndende mu bakunzi b’imyidagaduro ku isi.
Kim yasabye abantu kudakurikirana amakuru adafite gihamya, ahubwo bakumva ukuri kwe.
Ati: “Hari byinshi abantu bavuga batabanje kubaza cyangwa kumenya ukuri. Ndashishikariza abantu kudacira imanza abandi bashingiye ku bihuha byo kuri internet.”

Kim Kardashian na Kanya West bafitanye abana bane
