Ishyaka ryayoboye Botswana kuva yabona ubwigenge mu 1966 ryakubiswe inshuro mu matora y’iki gihugu yabaye muri iki cyumweru, kuko iri shyaka ryatakaje ubwiganze busesuye mu nteko ishinga amategeko.
Ibyavuye mu matora byibanze byatangajwe muri iki gitondo cyo kuri uyu wa gatanu.
Perezida wa Botswana, Mokgweetsi Masisi yemeye ibyavuye mu matora mbere y’uko ibisubizo ntakuka bitangazwa, aho ishyaka riharanira demokarasi rya Botswana (BDP) abarizwamo ryaje ku mwanya wa Kane, nk’uko ibarura rya komisiyo y’amatora ribigaragaza.
Perezida Masisi washakaga manda ya kabiri y’imyaka itanu mu matora yabaye ku wa gatatu, yavuze ko azava ku butegetsi mu mahoro.
Masisi yagize ati: “Ndashaka gushimira abatavuga rumwe n’ubutegetsi ku ntsinzi yabo no kwemera ibyavuye mu matora.”
Biteganijwe ko ibisubizo ntakuka byemezwa na komisiyo y’amatora bitarenze uyu wa Gatanu, ariko ibarura rya mbere ryerekanye ko amashyaka atatu atavuga rumwe n’ubutegetsi yatsindiye byibuze imyanya 31 kuri 61 mu Nteko Ishinga Amategeko.
Nk’uko bisanzwe muri iki gihugu, ishyaka rya mbere rifata imyanya 31 rizatangazwa ko ryatsinze, rishyireho umukandida waryo nka perezida kandi rishyireho na guverinoma.
Ibisubizo by’ibanze byagaragaje ko ishyaka nyamukuru ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Umbrella for Democratic Change (UDC), ryari mu nzira yo gutsindira ubwiganze bw’imyanya 61 y’amatora mu Nteko. Ibyo biratuma umuyobozi waryo, Duma Boko, ashobora kwegukana umwanya wo kuba perezida.

Masisi yavuze ko yahamagaye Boko kugira ngo amumenyeshe ko yemeye gutsindwa.
Andi mashyaka abiri atavuga rumwe n’ubutegetsi, ariyo the Botswana Congress Party na Botswana Patriotic Front, yari yatsindiye imyanya igera kuri 12 kuri buri rimwe. Ibi bivuze ko BDP yatsinzwe ku mugaragaro amatora.
Nyuma y’ubutegetsi bwa gikoloni bw’Abongereza, Botswana yabaye kimwe mu bihugu bifite ubukungu butajegajega muri Afurika. Ibyo byatewe no gukungahara ku musaruro wa diyama. Ikindi kandi Botswana yamamaye kubera ubushishozi ku bijyanye n’imari n’imiyoborere myiza, gusa benshi mu gihugu bavuga ko ibyo byose byagiye bigabanuka ku butegetsi bwa Perezida Masisi.
