Abantu 80 bamaze gusiga ubuzima bwabo mu myigaragambyo iri kubera muri Bangladesh mu gihe abagera kuri 200 bamaze kuyikomerekeramo.
Uretse abaturage bamaze kugwa muri iyi myigaragambyo, abapolisi 13 nabo bamaze guhitanwa n’abigaragambya bateye sitasiyo ya polisi mu mu Karere ka Sirajganj.
Urugomo ruri guterwa n’iyi myigaragambyo rwatumye mu gihugu bashyiraho amasaha yo gutaha ndetse bakuraho na murandasi.
Ni imyigaragambyo yatangijwe n’itsinda ry’abanyeshuri ryitwa ‘Students Against Discrimination’ nyuma y’akavuyo kari kadutse hirya no hino mu gihugu kagahitana abantu 200 abandi 10,000 batavuga rumwe na leta bagafungwa.
Iri tsinda ry’abanyeshuri risaba ko hakurwaho imyanya yihariye mu kazi ka leta yahariwe abavandimwe b’abasirikare barwanye intambara yo kwigobotora Pakistan mu 1971.
Nubwo byatangiye abigaragambya bagaragaza kutishimira bimwe mu bikorwa n’ubuyobozi, kuri uyu imyigaragambyo yahindutse iyo kurwanya ubutegetsi buriho kuko abigaragambya basaba ko Minisitiri w’intebe, Sheikh Hasini, yegura.
Sheikh Hasina, yasabye ibiganiro n’abayobozi b’abanyeshuri kugira ngo urugomo rurangire, ariko barabyanze.
Mu gukomeza gushaka umuti w’iki kibazo, Sheikh, yitabaje igisirikare kugira ngo gisubize ibintu ku murongo nyuma y’uko ibiro bya polisi n’inyubako za leta byatwitswe.
