Kuwa 3 Kanama 2024 umwe mu bagize umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabab yiturikirijeho igisasu kuri Hotel iri ku mazi ya Lido Beach i Mogadishu mu murwa mukuru wa Somalia, abagera kuri 37 bahasiga ubuzima abandi 212 barakomereka.
Umwe mubabibonye Mohamud Moalim, yabwiye ikinyamakuru Associated Press ko yabonye umuntu wambaye ikoti ryuzuyeho ibisasu mbere gato y’uko uwo muntu yiturikirizaho ibisasu hafi y’icyumba cya Hoteli.
Moalim yavuze ko bamwe mu nshuti ze zari kumwe na we muri icyo cyumba cya Hoteli bapfuye abandi bagakomereka. Agace ka Lido Beach kagiye kagerwaho n’ibitero by’abarwanyi ba al-Shabab kenshi. Igitero giheruka cyabaye umwaka ushize, cyishe abantu icyenda.
Perezida wa Somalia, Hassan Sheikh Mohamud, umwaka ushize yatangije intambara ku barwanyi ba Al-Shabab ubwo igihugu cyatangiraga inshingano zo kuyobora umutekano wacyo. Al-Shabab iracyagenzura bimwe mu bice byo mu majyepfo n’uburasirazuba bwa Somalia kandi ikomeje kugaba ibitero muri Mogadishu n’ahandi ndetse ikagenda yaka amafaranga abaturage n’abacuruzi mu rwego rwo gushyiraho leta igendera ku mahame akaze y’Idini ya Islam.
Uhagarariye Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye by’agateganyo muri Somalia, James Swan, ku wa Gatandatu yagaragaje umutima w’impuhwe kuri Somalia ndetse anatangaza ko yiteguye gufasha mu bikorwa byayo byo guharanira amahoro, umutekano, n’ituze muri iki gihugu.
