Amadini n’Amatorero arasabwa guhashya inyigisho ziyobya abaturage

Ubuyobozi bw’Ihuriro ry’Amadini n’Amatorero mu Rwanda (RIC) bwatangaje ko abiha inshingano za gishumba, abatanga inyigisho ziyobya abaturage n’ibindi bikorwa byiyitirira idini cyangwa itorero kandi bigamije kuyobya abantu bagomba guhagarikwa.

Ibi byavugiwe mu nama yahuje abayobozi n’abahagarariye impuzamiryango zigize RIC ku wa 6 Gashyantare 2025 yasuzumaga imikorere y’amadini n’amatorero muri iki gihe.

Muriiyi nama yayobowe n’umuyobozi mukuru wa RIC, Musenyeri Dr. Mbanda Laurent, yagaragarijwemo ibibazo bigendanye nahasengerwa hadakwiye, nko mu buvumo, mu mashyamba n’ahandi, ndetse hareberwa hamwe icyo Ijambo  ry’Imana   rivuga  ku hantu hasengerwa.

Muri iyi nama hemejwe ko amatorero,  amadini  na Kiliziya  bagomba  gusengera  ahujuje ibyangobwa  kandi hazwi ku buryo haba habasha     gutanga     umutekano     usesuye     ku     byiciro     bitandukanye by’abahasengera.

Ikindi cyemejwe ni ukureba ko imyigishirize iyo   ariyo   yose   ikwiye   kuba   ibumbatiye    inyigisho   fatizo   z’ukuri zigamije   kubaka imibereho  yuzuye y’abantu  aho kubayobya, kandi    inyigisho   zose  z’ubuyobe   kimwe  n’abazikwirakwiza zigomba  kwamaganwa kugirango zidakomeza  kubangamira   umudendezo   w’abantu   mu busabane bwabo n’Imana yabaremye.

Amatorero,    Amadini    na   Kiliziya    Gatulika    bagaragarijwe ko bakwiye    kwitandukanya n’abakwirakwiza inyigisho  z’ubuyobe, ahubwo bagaharanira gutanga  inyigisho   nzima  kandi  bakaba  bafite  indangagaciro   z’Ijambo   ry’Imana   kugira ngo  ibyo  bakora  bibe  byubaka  abanyetorero  mu  buryo  butuma  biyubaka kandi bakorera  neza imiryango  yabo, bakanaharanira  kubaka itorero n’igihugu  mu bumwe no mu rukundo.

Abitabiriye  iyi  nama  biyemeje  kwamagana  bene izo nyigisho  z’ubuyobe   aho  zaba  zinyuzwa  hose kugirango  zitayobya  abanyarwanda, kandi ko hagomba   gushyirwaho    inyigisho   nzima   ku   birebana n’ubuhanuzi        no   kwamagana    bivuye   inyuma   ubuhanuzi    bwose   butagamije    kungura Itorero,   kuko   ubuhanuzi   nyakuri   bugomba   kuvuga   ibibazo   biriho   ariko   bukerekana n’inzira  yo gucamo  kugirango  ibisubizo byabyo biboneke.

Hemejwe  ko  hakwiye    gushyirwaho    gahunda   yo kwamagana             abiha   amazina   n’inyito    batabigizwe    n’urwego    ruzwi   no   kubibutsa    ko amategeko  y’u  Rwanda  ahana abiha amazina  n’inyito  mu nzira zitarizo.

Hagaragajwe ko hakwiriye gushyirwa  imbaraga  mu  gushishikariza   abayobozi  guca  bugufi, gusaba                           ubwenge    bw’Imana    mbere   yo   guhabwa   inshingano    no   gushyiraho    inzego zibishinzwe  zigena ayo mazina n’inyito  by’abayobozi   b’amadini.

Muri iyi nama kandi hifujwe ibi bikurikira:  

Mu gihe bibaye ngombwa  ko habaho  ahandi hasengerwa  hatari mu rusengero hagomba  gusabirwa  uruhusa, na mbere  yo kwakira  idini rishya  Leta yajya  ibanza  kubiganiraho   n’urwego   rwa RIC.

Hifujwe kandi ko amatorero   n’ amadini   bitarinjira   mu ihuriro rya RIC bazegerwa   bagashishikarizwa gukorana  n’abandi  bibumbiye  muri iri huriro.

Amadini,  Amatorero,   na  Kiliziya  Gatulika, hagaragajwe ko bakwiye  gufatanya  kwamagana abantu basigaye  biha uburenganzira   bwo gusezeranya  imiryango  no gushyingira  abageni hanze  y’insengero  kuko  bishobora kugira   ingaruka  ku mibereho  y’iyo  miryango, cyane ko baba bataranabahaye  inyigisho  zigenewe  abagiye  gushinga urugo.

Muri iyi nama kandi, abajyanama   bemeje ko RIC igomba gutegura  ubutumwa   ku  birebana  n’ikibazo   cy’umutekano muke uri mu Burasirazuba  bwa Kongo.