Leta ya Venezuela yatangaje ko yashyizeho igihembo cy’ibihumbi ijana (100,000$) by’amadorari ya Amerika ku muntu uzatanga amakuru y’aho Edmundo Gonzalez Urrutia, utavuga rumwe n’ubutegetsi aherereye.
Ibi byatangajwe kuri uyu wa 2 Mutarama 2025. Gonzalez Urrutia yahungiye muri Espagne muri Nzeri 2024 nyuma y’uko Nicolas Maduro bari bahanganye mu matora y’Umukuru w’iguhugu, bitangajwe ko ari we watsinze amatora yabaye ku wa 28 Nyakanga 2024.
Icyo gihe Gonzalez yashinjwe ibyaha byo kwinjira mu migambi yo kugirira nabi igihugu no gukoresha nabi umutungo wa leta.
Ku wa 2 Mutarama 2025, polisi ya Venezuela yashyize hanze ifoto ya Gonzalez yanditseho ko ashakishwa.
Amakuru yemejwe na AFP avuga ko aya mafoto azashyirwa ku bibuga by’indege no ku bigo bya polisi mu gihugu hose.
Gonzalez Urrutia yanditse kuri X, ashyiraho itangazo rivuga ko azahura na Perezida wa Argentine, Javier Milei, ku wa Gatandatu, anahamagarira Abanye-Venezuela guteranira muri Plaza de Mayo muri icyo gihugu.
Uyu mugabo w’imyaka 75 nubwo ashakishwa yiyemeje gusubira mu gihugu cye ku wa 10 Mutarama 2025 kugira ngo arahizwe nka perezida, asimbure Maduro uteganyijwe kurahirira indi manda kuri uwo munsi, afashijwe n’igisirikare kimushyigikiye.
Venezuela yatangaje ko Maduro yatsindiye manda ya gatatu y’imyaka itandatu mu matora yo muri Nyakanga 2024, ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi barabihakanye, bavuga ko bafite imibare y’ibyavuye ku biro by’amatora igaragaza ko Gonzalez Urrutia ari we watsinze.
Leta yakomeje kurwanya igitutu cy’imbere mu gihugu no hanze kugira ngo itangaze ibyavuye mu matora bigaragaza ukuri kw’ibyo ishingiraho ivuga ko Maduro yatsinze.
Nyuma y’amatora, mu gihugu byahinduye isura haduka imyigaragambyo iteza imvururu zahitanye abantu 28, abandi 200 barakomereka, ndetse abarenga 2,400 barafungwa.
Maduro kuva yatangira kuyobora muri 2013 yashinjwe kenshi kuyobora nk’umunyagitugu, atemera abatavuga rumwe na we.
Ibihugu bike birimo u Burusiya bushyigikiye Venezuela ni byo byemeye intsinzi ya Maduro mu matora yo muri Nyakanga 2024.
Argentina, kimwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, n’ibindi bihugu bya Amerika y’Amajyepfo, byanze kwemera ko Maduro yatsinze amatora.
