Perezida wa Tuniziya, Kais Saied, yirukanye Minisitiri w’Intebe Ahmed Hachani ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki 7 Kanama 2024 nyuma y’umwaka umwe ari mu nshingano.

Mu butumwa bw’amajwi Bwana Hachani yari yatangaje mu masaha make mbere yo gukurwa ku mirimo ko guverinoma yateye intambwe nyinshi ku byerekeye iterambere, n’ubwo hari ingorane zituruka ku izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa n’ingufu.

Iri yirukanwa ribaye mu gihe hariho kutishimira bikomeye ikibazo gihoraho cyo kubura amazi n’amashanyarazi mu gihugu hose.

Guverinoma ikavuga ko ibi bibazo byatewe n’amapfa akomeje guterwa n’izuba ryinshi rikomeje gucana cyane mu majyaruguru y’umugabane wa Afurika, byatumye habaho kugabanya amazi.

Ministeri y’Ubuhinzi muri iki gihugu ivuga ko urwego rw’amazi y’ibiyaga n’imigezi ruri hasi cyane ku kigero cya 25% ugereranije n’ayo babaga bafite mu bihe bisanzwe.

Ku ruhande rwa Perezida Saied, abona ikibazo cy’ibura ry’amazi ari ubugambanyi ari gukorerwa mbere y’amatora ya perezida, akemeza ko ubundi imigezi ifite amazi ahagije.

Nyuma yo kwirukana Hachani, Perezida Saied yashyizeho Kamel Maddouri nka Minisitiri w’Intebe, uyu akaba yari asanzwe ari Minisitiri w’Imibereho Myiza y’Abaturage muri iki gihugu, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya perezida.

Saied yatangaje ko aziyamamariza kuba perezida mu Ukwakira 2024 gusa abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, n’abandi bakandida ntibabikozwa kuko bamushinja gukandamiza no gutera ubwoba abo bahanganye kugira ngo abone manda ya kabiri.

Kais Saied wavutse ku ya 22 Gashyantare 1958 ni umunyamategeko wahoze ari umwarimu w’amategeko muri za kaminuza muri Tuniziya. Ni Perezida wa karindwi wa Tuniziya, umwanya yatorewe mu Ukwakira 2019. Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Tuniziya ateganijwe taliki ya 06 Ukwakira 2024