Trump yakangishije BBC kumwishyura Miliyari y’Amadorari mu gihe itavuguruza ibyo yamuvuzeho

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yaburiye igitangazamakuru BBC ko azakirega, nyuma y’uko gishyizwe mu majwi kubera uburyo ijambo ry’uyu mukuru w’igihugu k’igihangange ku isi ryahinduwe rigatambuka mu kiganiro Panorama.

Itsinda ry’abanyamategeko ba Trump ryahaye BBC igihe ntarengwa cyo kugeza ku wa 14 Ugushyingo ngo ikosore ibyo byahinduwe, ibivugurure kandi itange ukuri. Mu gihe ngo ibyo byaba bidakozwe, Trump yiteze kubageza mu rukiko asaba indishyi ya miliyari y’amadorari y’Amerika.

Amakuru aturuka imbere muri BBC avuga ko guhindura ibyo Trump yavuze byateje urujijo mu barebye icyo kiganiro, kuko byahuje ibice bibiri by’ijambo rye ryo ku wa 6 Mutarama 2021, bigatuma bisa n’aho asaba abantu kugaba igitero ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko (Capitol) nyuma yo gutsindwa amatora.

Deborah Turness, wari umuyobozi ushinzwe amakuru muri BBC, wamaze kwegura ku nshingano ze, yavuze ko BBC “ikora kinyamwuga kandi itabogama.” Uku kwegura kwe kwakurikiye n’ukwegura k’umuyobozi mukuru wa BBC, Tim Davie nyuma y’igitutu cyiyongereye gishingiye ku nyandiko ya Michael Prescott, wahoze ari umujyanama wigenga mu nama ishinzwe ubuziranenge bwa BBC, yasohotse mu cyumweru gishize.

Iyo nyandiko ishinja BBC ibibazo mu nkuru zayo ku ntambara ya Gaza, ubusumbane bwo kurwanya Trump na’Israel, hamwe no kubogama mu nkuru zerekeye abahinduza igitsina, ndetse no guhindura ijambo rya Trump muri Panorama.

Ku wa Mbere, Samir Shah, Perezida wa BBC, yemeye ko habaye “ikosa mu gufata umwanzuro” muri icyo kiganiro, aho guhindura ijambo rya Trump byatanze ishusho y’uko hafatwa ingamba zihutirwa. BBC yifuza gusaba imbabazi ku byo byabaye.

Trump yandikiye BBC ibaruwa isaba imbabazi, ikanamwishyura indishyi ikwiye. Abunganira Trump bavuze ko BBC yamuvuzeho “ibinyoma, ikamusebya, ikamuharabika, ikamusesereza, ikayobya n’abayikurikira,” kandi byamuteye “uburakari.”

Davie, Umuyobozi Mukuru wa BBC, yavuze ku Cyumweru ko “impaka ziriho ubu” atari zo zonyine zatumye yegura, ariko zabigizemo uruhare. Deborah Turness, wari ushinzwe amakuru n’ibiganiro kuva muri 2022, yabwiye abanyamakuru ko BBC “mu mikorere yayo itabogama” kandi ko amakosa yabayeho ariko abanyamakuru bayo bakora kinyamwuga.

Umuvugizi wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Sir Keir Starmer yavuze ko Minisitiri w’Intebe atemera ko BBC ibogama, kandi No 10 (Ibiro bya Minisitri w’Intebe) yanahakanye ko BBC yabaswe na ‘ruswa’, nk’uko Trump yari yabivuze.

Perezida Trump afite amateka maremare yo gutangiza cyangwa gutera ubwoba ibitangazamakuru, ndetse rimwe na rimwe akaba yarabireze. Muri Nyakanga, CBS News ya Paramount muri Amerika bemeye kwishyura miliyoni 16 z’amadolari nyuma y’aho Trump areze ko bahinduye ikiganiro yagiranye na Kamala Harris, wari Visi Perezida n’umukandida w’Abademokarate mu matora ya 2024.

Ibindi bitangazamakuru nka The New York Times, CNN na Des Moines Register nabo bahuye n’ibirego bya Trump, igihe kimwe cyangwa ikindi.