Bamwe mu baturage baturiye utubari two mu Mujyi wa Muhanga bavuga ko mu mpera z’icyumweru badasinzira neza, bitewe n’urusaku rukabije ruterwa n’imyidagaduro irangwa muri utwo tubari, cyane cyane mu gihe cy’igisope gikunda kuba ku mugoroba wo ku wa Gatanu, ku wa Gatandatu no ku Cyumweru.
Ubwo ICK News yasuraga tumwe muri utwo tubari, yahasanze abantu benshi bahasohokeye bari mu bikorwa by’imyidagaduro, abantu ubona ko bishimye abandi babyina ari nako indangururamajwi zivuga cyane. Nyamara iyo uganiriye n’abaturage baturiye utwo tubari bavuga ko urwo rusaku ruturukamo rubabangamira bikomeye.
Mukamana Consolee, utuye hafi y’akabari kamwe ko muri uyu mujyi, agaragaza ko we n’umuryango we buri mpera z’icyumweru bagorwa no kubona ibitotsi.
Yagize ati “Iyo weekend igeze ntitubona ibitotsi nk’uko bisanzwe. Abana barara barira kubera urusaku, natwe ababyeyi tuba twakoze umunsi ku wundi, tuba twifuza kuruhuka. Ariko urusaku rutuma dukomeza kugira umunaniro twavanye mu mu minsi y’ibyizi, rimwe na rimwe tugasubira ku kazi tukirushye.”
Yongeyeho ati: “Byatangiye no kumpungabanya kuko nsigaye ndibwa umutwe buri gihe kubera kutaruhuka neza.”
Nshimiyimana Eric, ukora akazi k’ubwubatsi, avuga ko kuba abantu bishimisha muri wikendi ari byiza, ariko bikwiye gukorwa bubahiriza amategeko yagenwe.
Ati: “Nkora kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu. Iyo wikendi igeze mba nifuza gusinzira neza, ariko saa sita z’ijoro baba bakiri kubyina. Numva ubuyobozi bwashyiraho igihe ntarengwa cy’urusaku.”
Mukarukundo Chantal, umubyeyi ufite abana bato, agaragaza zimwe mu mbogamizi ahura nazo bitewe n’urwo rusaku.
Yagize ati: “Mfite umwana ufite amezi ane. Iyo batangiye gucuranga nijoro arakanguka, agahita arira cyane. Mba ngomba kumuhoza, hanyuma nkakora ibishoboka byose ngo yongeye asinzire.”
Yasobanuye ko hari ubwo we n’umwana we bombi barara batongeye gusinzira kubera urwo urusaku.”
Ku rundi ruhande, hari abavuga ko utubari ari isoko y’akazi n’ahantu abaturage bidagadurira cyane cyane mu gihe cya wikendi, utubari tutafungwa kubera ko twateye urusaku.
Uwase Clementine, ukorera muri kamwe tuba muri uwo mujyi, asobanura ko nubwo hari urusaku, gufunga utubari byagira ingaruka zikomeye ku babucuruza.
Ati: “Dutunzwe n’akazi ko mu kabari, cyane cyane igisope cyo muri wikendi. Niba habaho uburyo bwo kugabanya indangururamajwi nta kibazo, ariko kudufunga n’ijoro byatugiraho ingaruka zikomeye,”
Abaturage babangamiwe n’urwo rusako basaba ubuyobozi gushyiraho uburyo bwo kugenzura urusaku twatera ikibazo kugira ngo ubuzima bw’abaturiye utubari bugende neza kandi bitabangamiye n’abaducuruza.
Umuyobozi wa Karere ka Muhanga Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mugabo Gilbert avuga ko bakurikirana iki kibazo kugira ngo hatagira ubangamirwa, yaba umuturage cyangwa nyir’akabari.
Asobanura ko ba nyiri utubari basabwe gukoresha ibikoresho bifasha gukumira amajwi kugira ngo adasohoka hanze. Icyakora asaba abaturage baturiye utubari gutungira urutoki ubuyobozi bubegereye bwahaba hari hari urusaku rubabangamiye.
Yagize ati: “Iki kibazo turagikurikirana uko bikwiye. Iyo dusanze hari ucuranga indangururamajwi cyane ku buryo ibangamira abaturage, turamuhana. Kandi umuturage uzajya ubangamirwa n’urwo rusaku agomba kubimenyesha ubuyobozi bumwegereye kugira ngo hashakwe igisubizo.”
Muri Kamena 2025, Guverinoma yafashe cyatangiye kubahirizwa ku wa 1 Nzeri 2023, ko ibikorwa na serivisi byose bitari iby’ingenzi birimo n’utubari bizajya bifunga saa Saba z’ijoro mu minsi y’imibyizi, na ho mu mpera z’icyumweru bifunge saa munani z’ijoro. Ibyo byari mu mu rwego rwo kunoza imitunganyirize n’imikorere y’ibikorwa by’imyidagaduro mu masaha y’ijoro no gukumira urusaku rubangamira umudendezo w’Abaturarwanda
Umwanditsi: Umuhire Eline
