Mali: Guverinoma iyobowe n’igisirikare yasheshe amashyaka ya politiki

Ku wa Kabiri tariki ya 13 Gicurasi 2025, Guverinoma iyobowe n’igisirikare muri Mali yatangaje ko yasheshe amashyaka yose ya politiki akorera mu gihugu, ishyira mu bikorwa icyemezo cyafashwe mu kwezi gushize ariko cyigateza imyigaragambyo ikomeye mu murwa mukuru Bamako.

Iteka ryasomewe kuri televiziyo y’igihugu na Minisitiri w’ivugurura rya politiki, Mamani Nassire ryagize riti: “Amashyaka ya politiki n’imiryango ifite imiterere ya politiki yasenywe ku butaka bw’igihugu hose”.

Ryakomeje rigira riti: “Birabujijwe ko abanyamuryango b’amashyaka ya politiki n’imiryango ya politiki yasenywe bahurira mu nama.”

Iri teka rikurikiye umubare ukomeje kwiyongera w’abaharanira demokarasi bafatirwa ku mihanda y’umurwa mukuru, Bamako. Ibi kandi bibaye nyuma y’imyigaragambyo y’abaharanira demokarasi yabaye mu minsi mike ishize.

Iri teka ryemejwe n’umuyobozi w’ingabo, Gen Assimi Goïta, wafashe ubutegetsi nyuma yo guhirika ubutegetsi mu 2020 na 2021 akaba agomba kuguma ku butegetsi byibuze indi myaka itanu nubwo yiyemeje kuzashyiraho amatora.

Biteganijwe ko iki cyemezo kandi kizatera indi myigaragambyo y’imitwe ya politiki yagiye isaba ko igihugu cyakongera kuyoborwa binyuze muri demokarasi.

Kuva umwaka ushize, ubutegetsi buyobowe n’igisirikare bwakajije umurego mu guhashya ibikorwa bya politiki.

Mu cyumweru gishize, nyuma y’imyigaragambyo idasanzwe yo guharanira demokarasi, abayobozi babiri batavuga rumwe n’ubutegetsi bashimuswe n’abantu bitwaje imbunda bavuga ko ari abapolisi. Gusa ubutegetsi ntacyo bwavuze ku bijyanye n’ifatwa ryabo.

Mu kwezi gushize, inama y’igihugu yateguwe n’ubutegetsi bwa gisirikare – ariko ikanga kwitabirwa n’amashyaka akomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi – yasabye ko Gen Goïta yaba perezida kugeza mu 2030.

Iki cyemezo cyamaganye abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu. Nyamara ubu butegetsi bwari bwarasezeranyije gukora amatora mu kwezi kwa Gashyantare 2022.

Iteka rya perezida ryasomwe ku mugoroba wo ku wa kabiri ryaburiye Abanya-Mali kutirengagiza iseswa ry’imitwe ya politiki ariko ntirigaragaza ibihano ku bazarirengaho.

Iri teka rivuga ko umuntu wese ukora mu rwego rwa politiki cyangwa mu buyobozi ashobora “gukomeza imirimo ashinzwe nta shyaka ahagarariye”.

Kuva yafata ubutegetsi, Gen Goïta yagiranye umubano w’ubufatanye n’abayobozi bahiritse ubutegtsi mu bihugu by’ibituranyi aribyo Burkina Faso na Niger, bituma ibi bihugu byose bigirana umubano n’u Burusiya nyuma yo gutera umugongo umukorini w’u Bufaransa.

Gen Goïta kandi yakuye Mali mu muryango wa Ecowas kubera ibyifuzo byawo byo gusubiza igihugu ku buyobozi bwa demokarasi. Burkina Faso na Niger nabyo byavuye muri uwo muryango.