Umwaka uraburaho iminsi mike ngo wuzure, Miss Kenza Johanna Ameloot ufite inkomoko mu Rwanda, yegukanye ikamba rya Miss w’Ububiligi 2024 kuko mu ijoro ryo ku wa 24 rishyira ku wa 25 Gashyantare 2024 ari bwo yambitswe ikamba.
Mu butumwa burebure yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Kenza Johanna Ameloot w’imyaka 22, yashimiye abamufashije bose kugera ku ikamba ndetse anabizeza ko ibikorwa by’urukundo yakoraga bidahagaze ahubwo ko bizakomeza.
Yagize ati “Nshuti n’abanshyigikiye, bitewe nuko umwaka wanjye nka Nyampinga w’u Bubiligi uri kugenda urangira, ndashaka gufata umwanya wo gushimira buri wese wamfashije muri uru rugendo rw’igitangaza.
Yongeyeho ko uyu mwaka waranzwe ni ibihe bitazibagirana, ukwiyubaka, ndetse wanamufunguriye amarembo yo gukora impinduka zifatika.
Yagize ati “Kimwe mu bintu by’ingenzi nishimira nagezeho muri uru rugendo, byari ukugira uruhare mu bikorwa bya “Light for the World”, dufasha abana bo muri Afurika kongera kubona nyuma yo kubagwa amaso.”
Ikintu ngo atazibagirwa ni igihe yabonye umwana wabazwe amaso akongera kureba, ibinezaneza we n’ ababyeyi be bari bafite.

Ati “Igihe nabonye umwana abona ababyeyi be bwa mbere ni ikintu ntazibagirwa.”
Ibindi bikorwa byakozwe na Miss Kenza birimo kugira uruhare mu guhindura ubuzima bw’abakene, gufasha mu iterambere ry’uburezi, ubuvuzi n’ibindi, ibintu ahamya ko atazigera ahagarika.
Yagize ati ”Intego yanjye yo gutabara ntirangiriye hano. Nzahora ndwana no kurwanya ubukene ndetse no kuzamura uburyo bwo kubona uburezi n’ubuvuzi kuko buri mwana wese akwiriye kugira ejo hazaza heza.”

Miss Kenza kandi yagaragaje ko inkunga abamufashishe bamuteye izatuma akomeza gukora kuko ibi byakozwe atari iherezo ahubwo ari intangiriro.
Ati “Ku bantu bose banteye inkunga, yaba mu magambo meza, mu bufasha, cyangwa se kwemera no kwizera umushinga wanjye, ndabashimira bivuye ku ndiba y’umutima wanjye wose, ibi ntabwo byari gusa ibijyanye no kugaragara nkanjye ubwanjye cyangwa kwiyubakira izina, ahubwo byari uburyo bwo gukoresha ijwi ryanjye kugira ngo nzane impinduka kandi ibi ni intangiriro.”
Miss Kenza uri gusoza umwaka nka Miss w’Ububiligi azakorerwa mu ngata na Miss Karen Jansen watorewe uyu mwanya kuwa 15Gashyantare 2025.

