Clare Akamanzi yerekanye uburyo siporo ari ubukungu n’uburezi aho kuba imyidagaduro gusa

Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa, Clare Akamanzi, yasabye Abanyafurika guhindura imyumvire kuri siporo, bakarekakuyifata nk’impano cyangwa imyidagaduro gusa, ahubwo bakayibonamo urwego rw’ubukungu n’igice cy’ingenzi cy’uburezi bw’abana.

Akamanzi yabigarutseho mu Nama Nyafurika kuguhinduraimyumvire hagamijwe kugera ku iterambere ry’Umugabane waAfurika n’abawutuye, yaberaga muri Kigali Convention Centre, ubwo yavugaga ku mpinduka mu myumvire Afurika ikeneyekugira ngo siporo irusheho kugira uruhare mu iteramberery’umugabane.

Yavuze ko impinduka ikomeye ikenewe ari uguhindura uburyo Abanyafurika babona siporo, kuko ubushobozi bwayo burenzekure kuba urwego rw’imyidagaduro cyangwa aho abantu berekanira impano.

Yagize ati: “Impinduka ikomeye mu myumvire ikenewe niuburyo tubona kandi dutekerezamo siporo muri Afurika. Siporontabwo ari impano gusa. Siporo ntabwo ari imyidagaduro gusa. Siporo ni ubukungu. Siporo ni ubucuruzi bunini.”

Clare Akamanzi yagaragaje Basketball Africa League (BAL) nk’urugero rw’uko siporo ishobora guteza imbere ubukungu no guhanga imirimo.

Yavuze ko umukino wa basketball udakeneye abakinnyi gusa, ahubwo ko hari abandi bantu benshi bagira uruhare mu gutuma umukino ugenda neza.

Yagize ati: “Iyo ufite umukino wa basketball, uba ukeneyeabakinnyi. Ariko hafi y’abo bakinnyi uba ufite abatoza, abasifuzi, abayobozi b’imikino n’abandi benshi bafasha abo bakinnyi gutera imbere.”

Akamanzi yavuze ko n’izindi nzego nyinshi z’ubukunguzishobora kubona amahirwe muri siporo, zirimo ubuvuzi bwa siporo, ubuvuzi bw’imitsi n’imikaya, itangazamakuru, gukora ibiganiro n’amashusho, kwamamaza no gucuruza.

Yavuze ko iyo amarushanwa akomeye abereye mu gihugu, atarisiporo gusa iba yungutse, kuko n’izindi serivisi z’ubukunguzigiramo uruhare.

Yatanze urugero rw’abantu bashobora gutembera mu bihugubitandukanye kubera imikino, bagakenera amatike y’indege, amahoteli, amaresitora, ibiribwa ndetse na murandasin’ikoranabuhanga bifasha mu gutambutsa no gusangiza abantu ibikubiye muriyo mikino.

Yagize ati: “Iyo dufite abantu bagera kuri 300 bagenda buri gihe kubera ko dufite umukino wa basketball mu gihugu, amatikey’indege, amahoteli, amaresitora, ibiribwa na murandasibirakenerwa, kandi ibi byose biba bigomba kwinjirizaababikora.”

Akamanzi yasabye ko amahirwe ubukungu bwa siporo butangaatagomba kurekerwa ku mahirwe gusa, ahubwo ko Afurikaikwiye kuyashoramo imbaraga mu buryo bufatika.

Akamanzi kandi yanagarutse ku buryo ababyeyi bagira uruhare mu guhitamo umwuga abana babo bakwiye gukurikirana, asaba ko siporo idakwiye gufatwa nk’ikintu umwana akora nyuma y’amasomo.

Yavuze ko hari ababyeyi babwira abana babo ko bagombakubanza kwiga no kurangiza amashuri, hanyuma siporobakazayitekerezaho nyuma.

Yagize ati: “Hari ababyeyi nabonye bavuga bati: ‘Banza ujye kuishuri, ubanze urangize amashuri, hanyuma uzatekereze kuri siporo.’ Oya. Siporo ni igice cy’uburezi.”

Yavuze ko hari ikosa ryo gutandukanya siporo n’uburezi, nyamara siporo ubwayo yigisha abana zimwe mu ndangagaciroabantu bashaka kubatoza nyuma.

Yagize ati: “Tugira umuco wo gutandukanya siporo n’uburezi, hanyuma abana bakazaba abayobozi tukavuga tuti ‘Reka tubajyane mu mahugurwa y’ubuyobozi, tubigishe gukorerahamwe, tubigishe kugira disipulini.’ Ariko siporo ibigisha ibyo byose.”

Yavuze ko siporo inafasha abana kugira ubushobozi bwokwihangana no kongera kugerageza iyo batsinzwe, ndetseikabatoza gukorera hamwe no kugira disipulini.

Yanasabye ababyeyi n’abana gushyigikira siporo kuva umuntu akiri muto, kugira ngo abana babashe kungukira ku bumenyin’indangagaciro siporo ibatoza.