Canada: Abantu 10 biciwe ku ishuri, abandi 25 barakomereka

Polisi yo muri Canada yatangaje ko abantu 10 barimo n’umwicanyi bishwe barashwe ku kigo cy’ishuri cya Tumbler Ridge giherereye mu Burengerazuba bw’igihugu abandi 25 barakomereka bikomeye.

Abantu batandatu basanzwe muri icyo kigo cy’ishuri cyo mu mujyi wa Tumbler Ridge muri British Columbia, babiri basangwa bapfiriye mu ngo zabo ariko bikekwa ko ubu bwicanyi bufitanye isano, mu gihe undi yapfiriye mu nzira ajyanywe kwa muganga.

Reuters yanditse ko abandi babiri bajyanywe mu bitaro bakomeretse bikomeye naho 25 bakivurwa ibikomere byoroheje.

Polisi yatangaje ko umwicanyi na we yasanzwe yapfuye bigaragara ko yiyishe ndetse bakeka ko nta wundi ubyihishe inyuma cyangwa ngo yongere guteza umutekano muke mu baturage.

Tumbler Ridge ni umujyi witaruye, uri mu misozi yo mu majyaruguru ya British Columbia, ukaba nko muri kilometero 1115 uvuye mu majyaruguru y’i Burasirazubwa bwa Vancouver. Utuwe n’abantu 2400.

Minisitiri w’Intebe wa Canada Mark Carney abinyujije kuri X yavuze ko ababajwe “bikomeye n’ubwicanyi bw’ubugome bwabaye muri Tumbler Ridge”, ndetse yihanganisha imiryango yabuze ababo.

Carne yahise asubika urugendo yagombaga kugirira mu Budage aho yateganyaga kwitabira Munich Security Conference izahuza abakuru b’ibihugu na za guverinoma 60.

Polisi yavuze ko izi umwirondoro w’uwagabye igitero ariko ntiratangaza izina rye cyangwa igitsina. Icyakora bivugwa ko ari umugore. Ni mugihe kandi polisi itahise itangaza ubwo bw’imbunda bwakoreshejwe muri ubu bwicanyi.