Leta ya Gambia yatangaje ko Issa Tchiroma Bakary, umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroun, yahungiye muri icyo gihugu nyuma yo gutangaza ko ubuzima bwe buri mu kaga kubera umwuka mubi waturutse ku byavuye mu matora ya perezida.
Tchiroma Bakary, umaze igihe akemanga uburyo amatora yo ku wa 12 Ukwakira 2025 yakozwe, yavuze ko ari we watsinze byemewe n’amategeko. Avuga ko ibyatangajwe na komisiyo y’amatora birimo ko Perezida Paul Biya w’imyaka 92 yegukanye manda ya munani, byakozwemo uburiganya bugamije kumusubiza ku butegetsi.
Amakuru dukesha BBC avuga ko ku cyumweru aribwo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu ya Gambia yemeje ko Tchiroma ari muri icyo gihugu ku mpamvu z’umutekano we bwite, ivuga ko yahawe ubufasha bwa ngombwa nk’umunyapolitiki uri mu kaga. Nta makuru arambuye yatanzwe ku buryo yahageze cyangwa aho acumbitse.
Tchiroma, uri mu barwanira impinduka muri politiki ya Cameroun, yakomeje gushimangira ko atazemera ibyavuye mu matora, asaba umuryango mpuzamahanga kugenzura uko amatora yakozwe no gushyira igitutu ku buyobozi bwa Cameroun kugira ngo hemezwe ukuri kw’ibyabaye.
Leta ya Cameroun ikaba yaramukangishaga kumugeza mu rukiko imushinja gushishikariza rubanda gukora imyigaragambyo irimo urugomo yabaye nyuma y’amatora. Uyu Tchiroma we akaba ahakana ibyo ashinjwa, ndetse agashinja abashinzwe umutekano kuba inyuma y’iyi myigaragambyo, ahubwo akavuga ko azahangana n’ubutegetsi bwa Biya kugeza igihe intsinzi ye mu matora izemererwa.
Leta ya Cameroun yavuze ko umubare w’abantu bishwe mu rugomo rwakurikiye amatora ari 16, ariko indi miryango yatanze umubare munini kurushaho uwo batangaje. Tchiroma Bakary yakomeje gusezeranya ko N’ubwo ubutegetsi bwa Cameroun butaragira icyo butangaza ku guhunga kwe, abasesengura bemeza ko ibi biza kongera umwuka mubi muri icyo gihugu kimaze imyaka myinshi cyugarijwe n’amakimbirane ya politiki n’igitutu cya leta ku batavuga rumwe nayo.
Amayeri ye yo guhangana akaba yabaye nko guhamagarira abantu kwigaragambya mu mihanda no guhamagarira abantu ibikorwa bigamije guhagarika ubuzima mu mijyi. Mbere yuko leta ya Gambia itangaza ko ari muri icyo gihugu, aho aherereye hari hakomeje kuba amayobera nubwo hari hari uguhwihwisa ko yahungiye mu kindi gihugu cyo muri ako karere.
Icyemezo cya Gambia cyo kumwakira kikaba cyakomeje kuvugwaho cyane mu karere, abantu bamwe bakabibona nk’ikimenyetso cy’uko ikibazo cya politiki muri Cameroun gikomeje gufata indi ntera.
Paul Biya, Perezida wa mbere ushaje cyane ku isi, amaze imyaka 43 ku butegetsi, yatangajwe ko yatsinze amatora ku majwi 53.7% mu gihe hari ibirego byuko ayo matora yabayemo uburiganya, ni mugihe Tchiroma Bakary wamaze imyaka myinshi ari muri leta ya Biya, yabaye uwa kabiri muri ayo matora, n’amajwi 35.2%.
