Basketball: U Rwanda ntirwahiriwe mu mikino ya gicuti rwakinnye na Maroc

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mukino w’amaboko ‘Basketball’ ntiyahiriwe mu Mikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kuko yatsinzwe imikino yose yakinnye.

Mu ijoro ryo kuwa 18 Gashyantare 2025 mu mukino ya gicuti, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Basketball yatsinzwe n’iya Maroc amanota 79-64 mu mukino wa kabiri w’iya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Ni mu gihe kandi ruherutse no gutsindwa mu mukino wabanje wabaye kuwa 12 Gashyantare 2025 u Rwanda rwatsinzwe na Maroc amanota 89-75 mu mukino wa gicuti mu kwitegura iy’ijonjora rya 3 ryo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika “FIBA AfroBasket 20025”.

Aya makipe yombi akomeje kwitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Kuva kuri uyu wa Gatanu, tariki 21 kugeza 23 Gashyantare 2025, U Rwanda ruratangira urugendo rwo gushaka itike y’imikino y’igikombe cy’Afurika cy’abakuru mu bagabo “FIBA AFROBASKET 2025”, kizabera muri Angola uyu mwaka wa 2025.

Muri iyi mikino, u Rwanda ruri mu itsinda rya gatatu, ruzatangira rukina na Sénégal ku wa Gatanu, saa Kumi z’umugoroba ku masaha yo mu Rwanda.

Ruzakurikizaho Ikipe y’Igihugu ya Cameroun bukeye bwaho, mu gihe ruzasoza rukina na Gabon ku Cyumweru, tariki 24 Ugushyingo 2024.

Muri iri tsinda, u Rwanda rusabwa gutsinda umukino umwe kugirango rwizere kubona itike, kugeza ubu ruri ku mwanya wa gatatu n’amanota ane nyuma yo gutsinda umukino umwe muri itatu rwakinwe mu Ugushyingo 2024.

Iyi mikino izakinwa mu matsinda atanu agizwe n’amakipe ane. Buri kipe izahura n’indi, atatu ya mbere azabone itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Angola tariki 12 kugeza ku wa 24 Kanama 2025

U Rwanda rumaze kwitabira imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika inshuro 6 muri 7, ziheruka. 

U Rwanda rwitabiriye AFROBASKET bwa mbere mu 2007 yabereye mu gihugu cy’Angola, rwongeye kuyitabira mu 2009 muri Libya, mu 2011 muri Madagascar, mu 2013 muri Cote d’Ivoire, (rubura itike mu 2015), rwongera kwitabira mu 2017 muri Tunisie na Senegal) ndetse n’iheruka yo mu 2021 yabereye mu Rwanda.