#BAL5: Al lttihad na Rivers Hoopers zabonye tike yo gukina imikino ya nyuma

Mu mikino ya BAL iri kuba ku nshuro yayo ya 5 aho bari guhatanira itike y’imikino ya nyuma izabera i Pretoria muri Africa y’Epfo, Ikipe ya Al Lttihad yo mu Misiri na Rivers Hoopers yo muri Nigeria zabonye itike  yo mu itsinda rya Kalahari (kalahani conference) mu mikino yaberaga i Rabat muri Marocco.

Kuri iki cyumweru 13 Mata nibwo hakinwaga imikino ya nyuma mu itsinda aho Al-Ittihad yayoboye itsinda nyuma yo gutsinda imikino yayo yose uko ari itandatu aho yatsinze mu mukino wa nyuma Fus Rabat yatsinze amanota 98-74 bityo biyihesha kuyobora itsinda.

Ku rundi ruhande, Rivers Hoopers yo muri Nigeria yabaye iya kabiri itsinze imikino ine. Mu mukino wa nyuma ikaba yatsinze Stade Malie (79 – 59).

FUS Rabat yariri mu rugo yo yabaye iya gatatu aho yatsinze imikino ibiri itsindwa ine, Stade Malien ya nyuma yatsinzwe imikino yose.

Nyuma ya conference ya Kalahari harakurikira irya Sahara conference, iteganijwe kuva tariki ya 26 Mata kugeza 4 Gicurasi i Dakar, Ahazahatana amakipe nka ASC Ville de Dakar(Senegal) Petro de Luanda (Angola), Kriol Star (Cape Verdel) na US Monastir(Tunisia).

Nile conference yo izatangira 17 kugeza ku ya 25 Gicurasi i Kigali. Aho amakipe nka APR BBC izaba iri mu rugo izakina na Ahly Tripoli (Libya), Made by Basketball (MBB) yo muri Africa y’Epfo na   Nairobi City Thunder (Kenya).

Muri aya matsinda, hakinwa imikino ibanza n’iyo kwishyura. Amakipe abiri ya mbere azabona itike y’imikino ya nyuma (Play offs), mu gihe andi abiri azava mu yatsinzwe neza.

Mbere yo gutangira imikino ya nyuma izabera muri Afurika y’Epfo tariki ya 6 kugeza kuya 14 Kamena 2024, amakipe umunani akina imikino yo gutondeka urutonde, mbere yo gutangira gukuranwamo muri ¼, ½ ndetse n’umukino wa nyuma.

Ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola niyo ifite igikombe giheruka aho yari yatsinze Al Ahly Ly yo muri Libya ku mukino wa nyuma, umukino wabereye muri BK Arena I Kigali. Akaba ari nayo kipe yonyine igifite yo munsi y’ubutayu bwa sahara kuva BAL yatangira mu 2020.