APR BBC ikomeje imyiteguro ya BAL 2025

Mu gihe hasigaye iminsi 5 ngo hatangire imikino ya Nile Conference y’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) 2025, ikipe y’Ingabo z’igihugu z’u Rwanda APR BBC ikomeje imyiteguro ikomeye ari nako yongera amaraso mashya mu bakinnyi bayo.

Kuri iki Cyumweru 11 Gicurasi 2025, iyi kipe yatangaje ko yongeyemo abakinnyi bane harimo Abanyamerika babiri n’Abanyarwanda babiri.

Obadia Noel

Abo ni Obadia Noel wakiniraga Dar city yo muri Tanzaniya yongeye kugaruka muri iyi kipe kuko yari mu bakinnyi bakinnye muri APR BBC ubwo yari muri BAL yabereye muri Senegal umwaka ushize. Undi mukinnyi ni Dane Miller w’imyaka 35, akaba afite ubunararibonye bwo ku mugabane wa Afurika aho yanyuze mu makipe anyuranye nka City Oilers yo muri Uganda yanakinnye no ku mugabane wa Amerika na Asia.  

Dylan Schommer

Undi mukinnyi ni Dylan Schommer usanzwe akinira Union Neuchâtel yo mu Busuwisi ndetse n’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda.

Sano Rutikanga

Umukinnyi wa Kane yitwa Sano Rutikanga nk’uko amategeko ya BAL abiteganya buri kipe igomba kuba ifite umukinnyi ukiri muto ufite akazoza. Ni muri urwo rwego yitabaje uyu musore uri gukina muri Senegal muri Academy ya NBA Africa.

ABA bakinnyi kandi baje basimbura bamwe mu bakinnyi bagiriye imvune mu irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 (Genocide Memorial Tournament) aribo Shema Osborn na Nobel Nobel Boungou Colo.

APR BBC izitabira iri rushanwa rigiye kubera muri BK Arena kuva ku wa 17 kugeza ku wa 25 Gicurasi 2025, aho iri mu itsinda rimwe na Al-Ahli Tripoli yo muri Libya, MBB yo muri Afurika y’Epfo, na Nairobi City Thunder yo muri Kenya.

Uyu mwaka uzaba ari uwo kwisubiraho kuri APR BBC nyuma y’uko umwaka ushize ititwaye neza, igasezererwa hakiri kare, ibyatumye ibura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma yabereye i Kigali.

Ubuyobozi bw’iyi kipe buvuga ko bwafashe isomo kandi ko kuri iyi nshuro bafite intego yo gukomeza kugera ku nzozi zo kugera kure hashoboka.

Imikino ya Nile Conference ikinwa mu matsinda, buri kipe ikaba igomba guhura n’izindi ebyiri inshuro ebyiri (imikino ibanza n’iyo kwishyura). 

Amakipe abiri ya mbere mu itsinda azahita abona itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera muri Afurika y’Epfo. Andi abiri asigaye azishakamo iyatsinzwe neza kugira ngo hakorwe urutonde rw’abakomeza.

Imikino ya nyuma iteganyijwe kuva ku wa 6 kugeza ku wa 14 Kamena 2025, aho amakipe umunani azahura mu mikino yo gushaka uwegukana igikombe.

Irushanwa rya BAL ryatangiye mu 2020, rikaba ryarigaruriwe cyane n’amakipe yo mu burasirazuba n’amajyaruguru y’Afurika. Mu mwaka ushize, habaye impinduka zikomeye ubwo Petro de Luanda yo muri Angola yegukanaga igikombe, iba ikipe ya mbere yo munsi y’ubutayu bwa Sahara ibigezeho.

Dane Miller