Abayobozi ba G7 basaba ko imvururu zigabanuka mu burasirazuba bwo hagati

Abayobozi b’ibihugu birindwi bikize ku Isi, byibumbiye mu itsinda rya G7 basabye ko imvururu zigabanuka mu Burasirazuba bwo Hagati, harimo no guhagarika intambara muri Gaza – ariko birinda gusaba ihagarikwa ry’intambara hagati ya Israel na Iran.

Ibi ni ibyagaragaye mu itangazo rihuriweho n’abo bayobozi ryashyizweho umukono na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ubwo bari mu nama yabo yabereye muri Canada kuri uyu wa Mbere.

Nyuma yaho gato, Donald Trump yahise ava mu nama igitaraganya asubira i Washington ku mpamvu ze zitazwi neza. Gusa umunyamabanga we ushinzwe itangazamakuru yavuze ko byatewe n’ibiri kubera mu Burasirazuba bwo Hagati nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza.

Perezida Trump ubwe yavuze gusa ko yasubiye i Washington kubera “ibintu bikomeye,” ariko ahakana ko bifitanye isano no gushaka uko intambara ihanganishije Israel na Iran ihagarara.

Mu minsi ishize, yasabye Abanya-Irani “guhita bava i Tehran ako kanya.” Ibi byateje amakenga ko ingabo za Amerika zishobora kwifatanya na Israel mu kugaba ibitero kuri Iran– ariko abategetsi ba Amerika bahakanye ayo makuru.

Inama y’abayobozi b’ibihugu bikomeye yabereye i Kananaskis, mu misozi ya Canada, ibaye mu gihe umwuka mubi ukomeje kwiyongera mu Burasirazuba bwo Hagati.

Iri tangazo ry’abayobozi ba G7, ryasohowe ubwo Trump yasohokaga muri Canada, ryavuze ko Israel ifite uburenganzira bwo kwirwanaho, ndetse ko Iran ari isoko y’iterabwoba idakwiye kugira intwaro kirimbuzi.

Ubwo yavaga mu nama, Trump yabwiye abanyamakuru ati: “Ngomba gusubira hakiri kare muri Amerika ku mpamvu zikomeye.”

Nyuma yaho yongeye kwandika kuri Truth Social, anenga undi muyobozi wari witabiriye inama ya G7, Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa. Trump yavuze ko mugenzi we “ushaka kwigaragaza mu itangazamakuru” yibeshye ubwo yavugaga ko Trump ari gukoraku ihagarikwa ry’imirwano.

Trump yanditse ati: “Si byo! Ntazi na gato impamvu yatumye nsubira i Washington, ariko ntaho bihuriye n’agahenge.”

Yongeyeho ati: “Birenze cyane ibyo. Yaba yabivuze abigambiriye cyangwa atabigambiriye, Emmanuel ahora yibeshya. Mukomeze mukurikirane!”

Abayobozi ba G7 bavuze ko basobanukiwe n’impamvu Trump yagombaga kuva mu nama hakiri kare. Perezida Macron yagize ati: “Niba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora kugera ku gahenge, ni ikintu cyiza cyane.”

Inkuru zasakaye zivuga ko Trump yategetse Inama y’Igihugu ishinzwe Umutekano muri White House guhura nawe akimara kugariuka i Washington.

Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe Ingabo, Pete Hegseth, yatangaje ko hari koherezwa ubushobozi bwiyongereye mu Burasirazuba bwo Hagati mu rwego rwo kunoza “imyiteguro y’ubwirinzi” ya Pentagon, nubwo abategetsi ba Amerika bahakanye ko bitegura kwifatanya n’ibitero bya Israhel.

Umunyamabanga wa Perezida Trump ushinzwe itangazamakuru, Karoline Leavitt, yashimangiye cyane ko Trump yagize “umunsi mwiza” mu nama, avuga ko byinshi byagezweho, harimo n’amasezerano y’ubucuruzi hagati ya Amerika n’u Bwongereza.

Ntiyasobanuye neza impamvu yagiye igitaragnya, gusa avuga ko byatewe n’“ibiri kubera mu Burasirazuba bwo Hagati.”

Kuva muri Canada kwa Trump bivuze ko atazabasha guhura imbonankubone na Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky na Perezida wa Mexico, Claudia Sheinbaum byari bitegenijwe ko bahura kuri uyu wa kabiri, umunsi wa nyuma w’inama.