Afurika y’Epfo : Julius Malema yakatiwe gufungwa imyaka itanu muri gereza

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo, Julius Malema, yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutunga imbunda mu buryo butemewe n’amategeko no kuyirasira mu ruhame.

Iki cyemezo cyafashwe n’umucamanza Twanet Olivier wo mu Rukiko rw’Akarere ka East London, ruherereye i KuGompo mu Ntara ya Eastern Cape, kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mata 2026.

Umuyobozi w’Ishyaka EFF (Economic Fighters Freedom), Julius Malema, yahamijwe ibyaha byinshi birimo gutunga imbunda n’amasasu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kurasisha imbunda ahantu hahurira abantu benshi, ndetse no gushyira ubuzima bw’abandi mu kaga abigambiriye.

Ibi byaturutse ku mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, yafatiwe mu birori byo kwizihiza isabukuru ya gatanu ya EFF), byabereye kuri Stade ya Sisa Dukashe i Mdantsane ku wa 28 Nyakanga 2018, aho Julius Malema agaragara arasisha imbunda isa n’iya gisirikare imbere y’imbaga y’abamushyigikiye bari ibihumbi.

Mu gutangaza igihano mu rukiko rwo mu mujyi wa KuGompo, wahoze witwa East London, umucamanza Twanet Olivier yavuze ko Malema w’imyaka 45 yarenze ku mategeko agenga ikoreshwa ry’imbunda ku bushake, ayirasisha mu gikorwa cya EFF.

Yagize ati: “Ntibyari igikorwa cyakozwe atabanje gutekereza, byari igikorwa cyaranze iryo joro.”

Malema yahakanye ibyaha ashinjwa, ashimangira ko amasasu yarashe yari agamije gusa kwishimisha.

Ikinyamakuru DW Africa kivuga ko abamwunganira mu mategeko batangaje ko bafite umugambi wo kujuririra ibi bihano mu rukiko rwisumbuye. Ibi byatangajwe nyuma y’iburanisha ryakurikiyeho itangwa ry’ibihano.

Ariko Umucamanza Twanet Olivier yemereye umuyobozi w’ishyaka Economic Freedom Fighters ndetse n’umudepite kujuririra icyemezo n’igihe yahanishijwe, bivuze ko atazahita ajyanwa muri gereza ako kanya.
Julius Malema na we yemejwe n’urukiko ko atemerewe kongera gutunga imbunda.

Julius Malema yigeze kuba umuyobozi w’urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi rya African National Congress (ANC). Nyuma yo kwirukanwa muri iryo shyaka, nyuma y’amakimbirane yagiranye na Perezida Jacob Zuma icyo gihe, yashinze ishyaka Economic Freedom Fighters ( EFF ) tariki 26 Nyakanga 2013 hamwe n’abandi bafatanya bikorwa be kugira ngo baharanire guhindura ubukungu bwa Afurika y’Epfo, kugabanya ubusumbane no gusaba ko ubutaka bugaruzwa abaturage benshi.

Julius Malema yahatanye nk’umukandida ku mwanya wa Perezida kuva 2014, 2019 na 2024, ariko ntabwo byagiye bimukundira.

Umwanditsi: Ushindi Paul Balozi