Police ya Kenya yatangaje ko kuri iki Cyumweru, tariki ya 23 Werurwe 2025, Abapolisi batandatu barashwe barapfa muri Kenya, mu gihe bane bakomeretse, mu gitero cyagabwe ku kigo cya polisi gihereye mu Karere ka Garissa mu Burasirazuba bw’iki gihugu, hafi y’umupaka na Somalia.
Amakuru dukesha ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters avuga ko iki gitero cyabaye mu gitondo cyo ku Cyumweru, cyakozwe n’abakekwaho kuba abarwanyi ba al-Shabaab-umuryango w’abarwanyi ufitanye isano n’umutwe wa al-Qaeda muri Somalia, nk’uko raporo ya polisi yoherejwe mu itangazamakuru ibivuga.
Raporo igira iti: “Abagabye igitero baturutse muri iryo tsinda ry’abarwanyi, basatiriye ikigo cya polisi kirimo abapolisi b’akarere mu gitondo cyane.” Yongeyeho iti: “bakoresheje intwaro zitandukanye kugira ngo bafate ikigo.”
Raporo yakomeje ihamya ko “Abantu batandatu aribo biciwe miri iki gitero, mu gihe bane bagikomekeyemo ndetse bajyanwa no mu bitaro.”
Ku wa kabiri, Ambasade ya Amerika yatanze ubujyanama ku Banyamerika batuye muri Kenya, ibasaba kutajya ahantu hamwe na hamwe muri iki gihugu, harimo Garissa n’utundi turere duhana imbibi na Somalia kubera iterabwoba.
Al Shabaab ikunze kugaba ibitero byambukiranya imipaka muri ako gace byibasira ibigo bya gisirikare ndetse n’abasivili.
Al Shabaab kandi imaze imyaka myinshi irwanira guhirika guverinoma nkuru ya Somalia no gushyiraho ubutegetsi bwayo bushingiye ku mategeko akarishye ya ‘sharia’ muri icyo gihugu giherereye mu ihembe rya Afurika.
