Kuri uyu wa Kabiri, tariki 10 Kamena 2025, Muri Pariki y’Igihugu y’Akagera hagejejwe inkura z’umweru 70 zayimuriwemo zivanwe muri pariki zitandukanye zo muri Afurika y’Epfo.
U Rwanda rwatoranyijwe kwimurirwamo izi nkura kubera urwego rukomeye rumaze kugeraho mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, by’umwihariko inkura.

Izi nkura zageze muri Pariki y’Akagera kuri uyu wa Kabiri. Zagejejwe mu Gihugu ku bufatanye bw’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, Umuryango Howard G Buffet n’Ikigo African Parks.
Nk’uko bitangazwa na IGIHE, inkura zagejejwe mu Rwanda zirimo 28 z’ingabo.
RDB ivuga ko Inkura imwe ibarirwa ibihumbi 100$ mu rugendo rw’ibilometero 3.400 ruva muri Afurika y’Epfo rugera mu Rwanda.
Izi nkura zije zisanga izindi 41 zakomotse kuri 30 zageze mu Rwanda mu 2021 na bwo zivuye muri Afurika y’Epfo. Izazanywe uyu munsi, imwe ipima toni zigera ku 3,5.
Nyuma yo kwakira inkura 70, kuri ubu Pariki y’Igihugu y’Akagera iri kubarizwamo inkura z’umweru zigera ku 111.
Muri rusange u Rwanda rugize inkura hafi 140 wongeyeho n’izirabura zisanzwe muri Pariki y’Akagera.
Mu 2007 ni bwo inkura ya nyuma yari mu Rwanda yapfuye mbere y’uko mu 2017 rwongera kwinjiza izindi muri Pariki y’Igihugu y’Akagera. Icyo gihe hakiriwe inkura 18 z’umukara ziza kororoka, ubu zimaze kuba 34.
Mu 2021, u Rwanda rwahawe inkura z’umweru 31, na zo zarorotse ubu zimaze kuba 41. RDB ivuga ko iyinjizwa ry’inkura muri Pariki y’Akagera ryongereye umubare w’abayisura uva ku bihumbi 15 mu 2017, ugera ku bihumbi birenga 48 mu 2024.

