Imibare itangazwa na Minisiteri y’Ubuzima iragaragaza ko u Rwanda ruri gutera intambwe nziza muri uru rugendo rwo guhashya icyorezo cya Marburg.

Imibare yatangajwe kuva iki Cyumweru cyatangira, igaragaza ko abanduye, abari kuvurwa ndetse n’abapfa igenda igabanuka ku kigero gishimishije.

Kuva kuwa mbere tariki 14 Ukwakira 2024 kugera ku wa 18 Ukwakira 2024, hamenyekanye umuntu umwe gusa wanduye.

Abari kuvurwa hagati y’aya matariki nabo bagiye bagabanuka, ku buryo bavuye kuri 21 bagera kuri 3 mu yandi magambo abantu 18 muri iyi minsi itanu barakize.

Muri iyi minsi kandi umubare w’abahitanwa n’iki cyorezo wagabanutse cyane, kuko uwahitanywe n’iki cyorezo ari umuntu umwe gusa.

Impamvu ziri gufasha u Rwanda gutsinda iki cyorezo ni ukuba abaturage bubahiriza ingamba leta yashyizeho zo kugikumira ndetse n’abaganga bakaba badahwema kwitanga ngo bafashe abarwayi.

U Rwanda kandi rwatangiye gukingira abafite ibyago byinshi byo kwandura iki cyorezo.

Mu kwishimira intambwe imaze guterwa mu guhashya iki cyorezo, Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yagize ati “Iyi Marburg dukomeze tuyihe zero. Abakivurwa barware ubukira.”