Trump yemeje ko Amerika yateye Venezuela ifata Perezida Maduro

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yategetse igisirikare kugaba ibitero mu murwa mukuru wa Venezuela, Caracas no ku bigo bya gisirikare, nyuma anatangaza ko bataye muri yombi Perezida Maduro w’iki gihugu.

Trump yabitangarije ku rubuga rwe Truth Social avuga ko Amerika yagabye ibitero bikomeye kuri Venezuela, kandi yafashe umuyobozi wayo, Perezida Nicolàs Maduro n’umugore we.

Yanemeje ko nyuma yo gufatwa Maduro yahise avanwa mu gihugu n’indege. Icyakora BBC ivuga ko nta makuru arambuye aratangazwa ku kuba Maduro yaba koko yafashwe.

Trump yongeraho ko ibi bikorwa byakozwe bigendanye no kubahiriza amategeko ya Amerika, yongeraho ko baza gutanga amakuru arambuye mu kiganiro n’abanyamakuru ku rugo rwe Mar-a-Lago muri leta ya Florida.

Amerika, yari yarashyizeho miliyoni 50 z’amadorari nk’igihembo cy’uwafasha mu guta muri yombi Perezida Maduro.

Ibi ni byo bitero bya mbere bikomeye Amerika ikoze ku mugabane wa Amerika y’Epfo kuva nyuma y’intambara y’ubutita mu myaka ya za 1990.

Ibi bitero bya Amerika byatumye abaturage b’iki gihugu bashya ubwoba, ndetse bigitangira Perezida Nicolás Maduro yamaganye “ubushotoranyi bwa gisirikare” bwa Amerika kandi atangaza ibihe bidasanzwe mu gihugu.

Ibi bibaye nyuma y’uko ibihugu byombi bimaze iminsi bishyamiranye, ahanini kubera ibirego Amerika ishinja Venezuela byo gushyigikira ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

Amashusho yerekanye umwotsi mwinshi uzamuka mu bice bitandukanye by’umurwa mukuru Caracas.

Visi Perezida wa Venezuela Delcy amaze gutangaza ko guverinoma itazi aho Perezida Maduro cyangwa umugore we Cilia Flores baherereye.

Yongeyeho ko guverinoma irimo gusaba “ikimenyetso ko bariho aka kanya” gitanzwe na bo.

Birimo gukekwa ko abakomando ba Delta Force ba Amerika baba binjiye mu murwa mukuru bagashimuta perezida n’umugore we, ibintu tutigeze tubona mbere muri ibi bihe bya vuba.

Ibisa n’ibi biheruka mu 1989 ubwo umutwe w’ingabo zidasanzwe za Amerika winjiraga muri Panama ugashimuta perezida w’iki gihugu Manuel Noriega.

Maduro afashwe mu gihe hari hashize iminsi mike atangaje ko yiteguye kuganira na Amerika. Ku wa kane, Perezida Maduro yavuze ko yiteguye ibiganiro na Amerika ku bucuruzi bw’ibiyobyabwenge n’ibikomoka kuri peteroli “aho ari ho hose n’igihe cyose bashaka”.

Muri icyo kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo y’igihugu, Maduro yirinze kandi gusubiza ku magambo ya Donald Trump ko Amerika yari yarashe ku cyambu cyo muri Venezuela, cyari igitero cya mbere ku butaka bw’iki gihugu bivugwa ko cyakozwe na CIA.

Iminsi micye mbere y’ikiganiro cya Maduro, Trump yari yavuze ko Amerika yarashe ahantu amato ahagarara avuga aho habaye “guturika gukomeye” ari ho “bapakirira ibiyobyabwenge muri ayo mato”.