Tour du Rwanda 2026: Henrique Ribeiro Bravo yegukanye Agace ka Karindwi

Henrique Ribeiro Bravo ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step yegukanye Agace ka Karandwi k’isiganwa mpuzamahanga, Tour du Rwanda, kakinwe kuri uyu wa Gatangatu. Aka gace kahagurukiye mu Mujyi wa Musanze kagasorezwa i Kigali kuri Kigali Pele Stadium kari gafite intera y’ibilometero 147.2.

Isiganwa ryatangiye saa tanu za mu gitondo rihagurukira mu Karere ka Musanze, aho abasiganwa 67 aribo bahagurutse muri aka gace, nyuma y’uko hari bamwe batabashije gusoza aka Gatandatu kasorejwe i Musanze, barimo Umunyarwanda Tuyizere Etienne.

Abasiganwa bahagurutse i Musanze berekeza i Base mu Karere ka Gakenke, bakomeza mu Mujyi wa Gicumbi banyura i Rukomo, mbere yo kwinjira mu Mujyi wa Kigali bahingukiye Nyabugogo, maze basoreza kuri Kigali Pele Stadium.

Mu manota y’uduce twihariye two muri aka gace, Martins yegukanye amanota y’agasozi ka mbere, mu gihe Thompson yegukanye amanota y’ahatambika ha mbere ndetse anatwara n’amanota y’agasozi ka kabiri.

Mu Banyarwanda, Masengesho Vianney ni we wabaye uwa mbere, akoresheje amasaha 3, iminota 21 n’amasegonda 29 asoza iri siganwa.

Moritz Kretschy, wambaye umwambaro w’umuhondo kuva mu Karere ka Rubavu ubwo hakinwaga Agace ka Kane, yasoje aka gace ka karindwi ari ku mwanya wa gatanu, arushwa amasegonda icyenda gusa n’uwakegukanye. Nubwo atabashije gutsinda aka gace, yakomeje kugumana umwanya wa mbere ku rutonde rusange, aho amaze gukoresha amasaha 21, iminota 9 n’amasegonda 8 kuva irushanwa ryatangira.

Nyuma y’iminsi irindwi imaze, Tour du Rwanda ya 2026 izasozwa ku Cyumweru, tariki ya 1 Werurwe, hakinwa Agace ka Munani aho abakinnyi bazazenguruka i Kigali ku ntera y’ibilometero 83,8 guhera Saa 13:00.