Tanzaniya: Tundu Lissu utavuga rumwe n’ubutegetsi yashinjwe ubugambanyi

Kuri uyu wa Kane Tariki ya 10 Mata, Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzaniya, Tundu Lissu, yashinjwe icyaha cy’ubugambanyi, nyuma y’umunsi umwe atawe muri yombi azira amagambo yavugiye mu majyepfo y’igihugu mu cyumweru gishize.

Abashinjacyaha bavuze ko Tundu Lissu uyobora ishyaka rya CHADEMA ritavuga rumwe n’ubutegetsi, yasabye abaturage gukora imyigaragambyo no kubangamira amatora ateganyijwe muri uyu mwaka.

Ibiro ntaramakuru Reuters bivuga ko ibyaha biregwa uyu mu nyapolitiki wanabaye uwa kabiri mu matora ya perezida yo mu 2020, bishobora kongera gukurura impaka ku miyoborere ya Perezida Samia Suluhu Hassan mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, cyane cyane muri ibi bihe yitegura kongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu.

Lissu yafunzwe ku wa gatatu nyuma y’inama yari yayoboye mu majyepfo y’iburengerazuba mu gace ka Ruvuma. Mu rukiko ruherereye mu murwa mukuru w’ubucuruzi Dar es Salaam, ntiyemerewe gutanga ibisobanuro ku cyaha cy’ubugambanyi aregwa, ahubwo yahise asubizwa muri gereza by’agateganyo.

Gusa yahakanye icyaha cyihariye aregwa cyo gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma. Bikaba biteganyijwe ko azasubira mu rukiko ku itariki ya 24 Mata.

Umunyamategeko wa Lissu, Rugemeleza Nshala, yavuze ko ibirego bishinjwa umukiriya we bishingiye kuri politiki.

Nshala yabwiye Reuters ati: “Ntushobora gutandukanya ibyo birego na politiki.” “Yakoraga ubukangurambaga bwo kwigisha abayoboke ba CHADEMA, ariko babihinduye ibirego.”

Nk’uko bigaragara mu mpapuro z’ibirego, Lissu yavuze amagambo ari kumushinjwa ku itariki ya 3 Mata 2025 muri Dar es Salaam.

Impapuro z’ibirego zigaragaza ko yavuze amagambo agira ati: “Nibyo koko tuvuga ko tuzabangamira amatora. Tuzatera imyigaragambyo. Iyo ni yo nzira yo kubona impinduka.”

Izi mpapuro zerekana ko yakomeje agira ati: “Tugiye rero kwangiza aya matora. Tugiye kuyahungabanya rwose … Tugiye kuyangiza cyane”.

CHADEMA yatangaje ko itazitabira amatora ya perezida n’ay’abadepite ateganyijwe mu mpera z’ukwezi k’UKwakira, keretse habayeho impinduka zikomeye mu buryo amatora ategurwamo, kuko bavuga ko ubu buryo buha amahirwe menshi ishyaka riri ku butegetsi.

Nta tariki iratangazwa ku mugaragaro y’igihe ayo matora azabera.