Umuntu umwe gusa ni we warokotse impanuka y’indege yabereye muri Sudani y’Epfo, yahitanye abakozi 20 bakoraga mu bucukuzi bwa peteroli, nk’uko byatangajwe na leta.
Minisitiri w’Ubucukuzi bwa Peteroli, Puot Kang Chol yatangaje ko iyo ndege, yari igiye mu murwa mukuru Juba, yaguye hashize iminota itatu ihagurutse hafi y’ahacukurwa peteroli mu Ntara ya Unity kuri uyu Gatatu.
Muri abo bapfuye, harimo abanyamahanga batanu: Abashinwa babiri, Umuhinde umwe, ndetse n’Abagande babiri bari bagize itsinda ry’abakozi b’indege. Abandi bantu15 bapfuye bose bari Abanyasudani y’Epfo.
Impamvu y’iyo mpanuka ntiramenyekana, ariko ubuyobozi bwavuze ko burimo gukora iperereza.
Minisitiri Chol yagize ati: “Twifatanyije n’imiryango ndetse n’inshuti z’abari mu ndege muri ibi bihe bikomeye cyane.”
Abo bacukuzi ba peteroli bose bari abagabo, bakoreraga sosiyete y’ubucukuzi bwa peteroli yitwa Greater Pioneer Company (GPOC), naho iyo ndege yari iya sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere yitwa Light Air Services Aviation Company.
GPOC ni komanyi ihuriwe n’amasosiyete ya peteroli ya leta aturuka mu Buhinde, Ubushinwa, Maleziya, na Sudani y’Epfo.
Ubwikorezi bwo mu kirere muri Sudani y’Epfo ntiburatera imbere bihagije, kandi icyo gihugu gifite amateka mabi ajyanye n’umutekano w’indege.
Impanuka zo mu kirere zikunze kuba muri iki gihugu, kandi impamvu zazo akenshi ziterwa no kurenza urugero rw’indege cyangwa ikirere kibi.
Muri 2021, nibwo haherukaga kuba impanuka y’indege. Icyo gihe abantu batanu barapfuye nyuma yuko indege y’imizigo yari itwaye peteroli muri gahunda y’umuryango w’abibumbye ushinzwe ibiribwa (WFP) yaguye hafi ya Juba.
