Kuri uyu wa Kabiri, tariki 13 Kanama 2024, hateganyijwe imikino ifite byinshi isobanuye ku makipe ahatanira kuzaza mu makipe 4 ya mbere muri shampiyona y’u Rwanda mu mukino w’abamaboko wa Basketball.
Aya makipe ane ya mbere ni nayo akina imikino ya kamarampaka izwi nka “Playoffs”
Imikino iteganyijwe kuri uyu mugoroba irabimburirwa n’umukino ukomeye uri buhuze ikipe y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG BBC) na Kepler BBC. Ni umukino uri butangire saa 18:00 z’umugoroba.
Nyuma y’uwo Espoir BBC irakina na UGB ku isaha ya saa 20:30 z’ijoro.
Nk’uko byavuzwe, iyi mikino iraba ari imikino ikomeye kandi ifite byinshi isobanuye ku rutonde rwa shampiyona ya baskeball mu Rwanda kuko amakipe yose akiri guhatanira gusoza mu myanya ine ya mbere, ari nabyo bitanga itike yo gukina imikino ya kamarampaka “Playoffs”.
Iby’ingenzi wamenya kuri iyi mikino:
REG BBC vs Kepler BBC
Ikipe ya REG BBC, mbere yo gukina umunsi wa 20 wa shampiyona mu mikino yo kwishyura, iri ku mwanya wa 4 n’amanota 26 mu mikino 15 imaze gukina. Ibi bivuze ko isigaje gukina imikino 3, harimo uwa Kepler BBC bakina uyu munsi, Espoir BBC ndetse na Patriots BBC bazasorezaho.

Mu gihe REG BBC yaba itsinze uyu mukino irahita yisanga inganya amanota na Kepler bityo biyongerere amahirwe yo kuguma mu myanya ine ya mbere ndetse no gukomeza kotsa igitutu amakipe ayiri imbere ariyo APR BBC na Patriots BBC.
Ku ruhande rw’Ikipe ya Kepler irimo ikina umwaka wayo wa mbere muri shampiyona y’icyiciro cya mbere, iri ku mwanya wa 3 n’amanota 27. Iyi kipe isigaje umukino umwe iri bukine uyu munsi kuko imaze gukina imikino 17.

Kepler irasabwa gutsinda uyu mukino kugira ngo biyongerere amahirwe yo gusoza mu myanya 4 ya mbere. Gutsinda kwayo birayiha kuzuza amanota 29. Ibi byasaba ko Espoir BBC bahanganiye uyu mwanya itsinda imikino 2 isigaje ( uwa UGB na REG BBC) kugira ngo igire amanita 29.
Kepler na Espoir ziramutse zinganyije amanota, byasaba ko hitabazwa uko zatsindanye mu mikino yazihuje.
ESPOIR BBC vs UGB BBC
Uyu mukino nawo ufite byinshi uvuze cyane ku ruhande rwa Espoir nk’uko byavuzwe ruguru.
Ikipe ya Espoir BBC iri ku mwanya wa 6 n’amanota 25 mu mikino 16 imaze gukina. Ni ibivuze ko ko isigaje gukina imikino 2, harimo uwa UGB bakina uyu munsi ndetse n’uwa REG BBC bazasorezaho.

Espoir BBC ifite akazi katoroshye ko kwikura imbere ya UGB, dore ko imaze imikino 3 yikurikiranya idatsinda. Iyi mikino irimo uwa shampiyona yatsinzwemo na Kepler BBC (81-79), n’indi ibiri ya Rwanda Cup.
Espoir BBC ikeneye gutsinda uyu mukino kugira ngo igume mu rugamba rwo kuza mu myanya ine ya mbere.

Ku rundi ruhande, ikipe ya UGB iri ku mwanya wa 7 n’amanota 23, mu mikino 16 imaze gukina.
Bivuze ko isigaje imikino 2, irimo uw’uyu munsi ihuramo na Espoir BBC ndetse n’uwa Patriots BBC. Kwitwara neza kwa UGB byayifasha kuzamuka ku rutonde rwa shampiyona.
Biteganyijwe ko imikino yose y’uyu munsi ibera muri Lycée de Kigali.

