RDC: Umubare w’abapfiriye mu mpanuka y’ubwato wageze 148

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Mata 2025, ubuyobozi bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko umubare w’abapfiriye mu mpanuka y’ubwato bwafashwe n’umuriro muri iki cyumweru wageze ku 148, ndetse abandi barenga 100 bakaba bakiburiwe irengero.

The Guadian dukesha iyi nkuru ivuga ko ubwo bwato bwari butwaye abagenzi bagera kuri 500 barimo abagore n’abana, ubwo bwahirimiraga mu mugezi wa Congo uherereye mu burengerazuba bw’iki gihugu ku wa Kabiri nyuma yo gufatwa n’umuriro.

Ubu bwato bwitwa HB Kongolo bukozwe mu biti, bwafatiwe n’umuriro hafi y’umujyi wa Mbandaka, nyuma yo kuva ku cyambu cya Matankumu bugana mu karere ka Bolomba.

Komiseri w’umugezi, Compétent Loyoko yabwiye ibitangazamakuru ko umuriro watangiye gufata ubwato igihe umugore yari abutekeyemo.

Amakuru avuga ko abagenzi benshi barimo abagore n’abana bapfuye nyuma yo kwijugunya mu mazi batazi koga.

Abarokotse bagera ku 100 bajyanywe by’agateganyo mu nyubako y’ubuyobozi bw’umujyi, mu gihe abakomerekejwe n’umuriro bajyanywe mu bitaro byo mu gace kabereyemo impanuka.

Senateri Jean-Paul Boketsu Bofili yatangaje ko nubwo hari ababashije kurokoka, ariko benshi muri bo basigaranye ibikomere bikomeye byatewe n’umuriro. Yakomeje avuga ko ubu hari gushakishwa ababuze, aho ibikorwa byo kubashakisha bikorwa n’amatsinda y’abatabazi afashwa n’umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge hamwe n’ubuyobozi bw’intara.

 Yagize ati: “Umubare w’abapfuye mu bagenzi 500 bari mu bwato wari mwinshi cyane. Nk’uko tubivuga, abarokotse barenga 150 bafite ibikomere batewe n’umuriro ku rugero rwo hejuru, nta bufasha bw’ibanze bari babona.”

Impanuka z’ubwato zikunze kugaragara muri Congo, aho ubwato bwa kera bukozwe mu biti ari bwo buryo bw’ibanze bwo gutwara abantu mu bice by’icyaro, kandi kenshi buba bwarengeje ubushobozi bwabwo bwo gutwara abagenzi.

Mu mwaka wa 2024, nibura abantu 78 bararohamye ubwo ubwato bwari butwaye abagenzi 278 bwahirimiraga mu Kiyaga cya Kivu, mu burasirazuba bwa Congo. Mu yindi mpanuka itandukanye niyo, yahitanye abantu 22 ubwo ubwato bwibiraga mu mugezi mu kwezi ku kuboza 2024 mu burengerazuba bwa Congo.

Bofili ati: “Umugezi wacu mwiza wa Congo n’ibiyaga byinshi igihugu cyacu gifite byahindutse imva nini ku baturage ba Congo. Ibi ntibikwiye na gato.”.