Umunya-Tunisiya Afhamia Lotfi watozaga ikipe ya Mukura yagizwe umutoza mukuru w’ikipe ya Rayon Sports mu gihe cy’imyaka 2.
Ni mu itangazo ryashyizwe hanze muri iki gitondo cyo kuri uyu gatanu tariki 30 Gicurasi 2025, rimenyesha ko Rayon sports yashimishijwe no kwakira uyu mutoza Afhamia Lotfi.
Umunya-Tunisiya wasinyishijwe na Rayon Sports yahoze ari umutoza wa Mukuru VS mu myaka ibiri ishize.
Afhamia yafashije Mukura VS gusoza shampiyona y’u Rwanda 2024-25 ifite amanota 41 harimo amanota y’ingenzi 6 yakuye ku mikino ibiri yatsinzemo Rayon Sports (ubanza no kwishyura).
Uyu mutoza asimbuye Robertinho Oliviera Gonalvez do Carmo wasezerewe n’ikipe kubera ikibazo cy’u Burwayi bw’amaso yarafite.
Perezida wa Rayon sports yahamije ko uyu mutoza bamwitezeho byinshi birimo birimo nko kwegukana ibikombe.
Yagize ati”Turifuza Rayon Sports itwara ibikombe, ishingiye ku mbaraga icyerekezo no kwitwara neza . Abafana bacu bitegura ikipe ibatera ishema Kandi ifite intego, ikipe ihatarana mu marushanwa y’imbere mu gihugu y’imbere mu gihugu no muri Afurika.”
Lotfi yatoje amakipe atandukanye arimo United Arab Emirates yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Ikipe ya Rayon kandi nyuma yaho yatangaje ko Umunsi w’igikundiro wa 2025 uzaba hagati ya tariki ya 26 Nyakanga na tariki 09 Kanama 2025.

