Ikigo gishinzwe ubutabazi mu gihugu cya Nigeria cyatangaje ko ikamyo itwara peteroli yagoganye n’indi kamyo bitera iturika ryahitanye abantu 48.
Iyi mpanuka yabaye mu ijoro wo ryo kuri iki Cyumweru, tariki ya 8 Nzeri 2024.
Iyi mpanuka yabereye mu gace ka Agaie gaherereye muri leta ya Niger, mu majyaruguru ya Nigeria.
Ikamyo yagoganye n’iyari itwaye peteroli, yo yaritwaye inka, aho nibura 50 muri izo nka zahise zishya ari nzima, nk’uko Abdullahi Baba-Arab, umuyobozi mukuru w’ikigo gishinwe ubutabazi muri leta ya Niger yabitangaje.
Yongeyeho kandi ko ibikorwa byo gushaka no gutabara bikiri gukorwa aho impanuka yabereye.
Baba-Arab yavuze ko ku ikubitiro imirambo 30 ariyo yabonetse, ariko mu itangazo ryakurikiyeho rivuga ko habonetse indi 18 yabahitanwe n’iri turika.
Uyu muyobozi yongeyeho ko abapfuye bashyinguwe ahantu hamwe. Guverineri wa leta ya Niger, Mohammed Bago yavuze ko abaturage bo muri ako gace kabereyemo impanuka bagomba gukomeza gutuza kandi asaba abakoresha umuhanda guhorana amakenga no kubahiriza amabwiriza yo mu muhanda kugira ngo barinde ubuzima n’umutungo.
Mu gihe hatari gahunda ya gariyamoshi ikora neza yo gutwara imizigo, impanuka z’amakamyo zikunze guhitana abantu benshi mu mihanda minini yo muri Nigeria, igihugu gituwe cyane muri Africa.
Nk’uko byatangajwe n’ikigo gishinzwe umutekano wo mu muhanda muri Nigeria, mu mwaka wa 2020 wonyine habaye impanuka z’imodoka zitwara peteroli 1531 zateye imfu z’abantu bagera kuri 535 ndetse abandi bagera 1142 bazikomerekeramo.
