Ku munsi wa Noheri, imfungwa nibura 6,000 zatorotse gereza iri mu murwa mukuru wa Mozambique nyuma y’ubwigomeke bwatewe n’imvururu n’urugomo bikomeje kwiyongera mu gihugu.

Ibi byatangajwe n’umuyobozi wa polisi, Bernardino Rafael uvuga ko imfungwa 33 zapfuye abandi 15 barakomereka mu gihe zahanganaga n’inzego zishinzwe umutekano.

Imfungwa zatorotse mu gihe cy’imyigaragambyo ikaze yangirikiyemo imodoka za polisi, n’ibikorwaremezo rusange.  Iyi myigaragambyo yadutse nyuma y’uko byemejwe ko ishyaka riri ku butegetsi rya Frelimo ari ryo ryatsinze amatora yabaye mu Ukwakira 2024.

Ku wa Mbere w’iki cyumeru, nibwo urukiko rukuru rwa Mozambique rwemeje ko ishyaka Frelimo rimaze igihe kinini ku butegetsi, ryatsinze amatora, bituma hongera kwaduka imyigaragambyo mu gihugu cyose yakozwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko amajwi yibwe.

Rafael avuga ko gutoroka kw’iyi gereza byabaye ku manywa yo kuri Npheli nyuma y’ubushyamirane bw’abaturage bari mu myigaragambyo hafi aho. Ati “Imfungwa zari muri iyo gereza zafashe intwaro z’abashinzwe umutekano maze batangira kurekura ngenzi zazo.”

Rafael akomeza agira ati: “Ikintu giteye impungenge ni uko muri iyo gereza hari abaterabwoba 29 batorotse. Dufite impungenge nk’igihugu, ndetse nk’abagize ingabo.”

Rafayel avugako, abigaragambyaga basakuzaga basaba ko bashobora kuvanamo imfungwa zabo zakatiwe, akomeza avuga ko imyigaragambyo yatumye urukuta rusenyuka, bituma imfungwa zihunga.

Polisi yo muri Mozambique yavuze ko byibuze imfungwa 150 mu zatorotse zafashwe.

Amashusho ari gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga yerekana igihe imfungwa zatorokaga, mu gihe andi mashusho agaragaza ifatwa rya bamwe muri bo.

Imfungwa nyinshi zagerageje kwihisha mu ngo, ariko bamwe ntibyabahiriye kuko bongeye gufatwa basubizwa muri gereza barafungwa.

Umuyobozi wa polisi yavuze kandi ko yamenye amakuru ko ku yandi magereza abiri mu gihugu naho imfungwa zagerageje gutoroka.