Ikipe y’Ingabo z’Igihugu cy’u Rwanda muri mukino wa Handball ndetse n’ikipe y’Igipolisi cy’u Rwanda zageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Shampiyona 2025 nyuma yo gusezerera Musanze HC na ADEGI HC.
Ni imikino yabaye mu mpera z’iki cyumweru, tariki 18 Gicurasi 2025, aho amakipe 4 yitwaye neza muri Shampiyona isanzwe ariyo APR HC, Police HC, Musanze HC ndetse na College ADEGI yakinnye 1/2.

APR HC yabaye iya mbere yagombaga guhura n’ikipe yabaye iya Kane ariyo College ADEGI Gituza, naho Police HC yabaye iya Kabiri ihura na Musanze HC amakipe agomba gukina imikino 3 maze agatanguranwa imikino 2.
Imikino ya mbere yabereye ku kibuga cya Kimisigara, ikipe ya APR HC yatsinze College ADEGI, ibitego 36-31. Ikipe ya Police HC itsinda 40 kuri 20 ya Musanze HC.
Ibi byatumye amakipe ya APR na Police HC agira icyizere cyo kugera ku mukino wa nyuma kuko aya yombi yasabwaga gutsinda umukino umwe wari usigaye.
Ku mugoroba habaye imikino ya kabiri ibera Petit Stade Amahoro, ikipe ya APR HC itsinda ADEGI ibitego 39-22 igera ku mukino wa nyuma.

Police HC mu mukino wa kabiri itsinda Musanze ibitego 48-19, maze isanga APR ku mukino wa nyuma.
Aya makipe yombi yongeye guhurira ku mukino wa nyuma, kuko n’umwaka ushize ikipe ya Police yatsinzwe na APR ku mukino.
Aya makipe yageze ku mukino wa nyuma azakina imikino 5 (Best of Five).
Imikino ya nyuma izatangira ku wa Gatanu tariki 23 Gicurasi, hakinwa umukino wa mbere uzabera muri Petit Stade Amahoro.
Iyi mikino Kandi izatangirana n’imikino ya nyuma mu bagore ku makipe ane yabaye aya mbere muri Shampiyona isanzwe.
