Perezida Mamadi Doumbouya ni we watsinze amatora ya Perezida wa Repubulika muri Guinea, aho yegukanye amanota 86% by’amajwi amaze kubarurwa by’agateganyo, nk’uko byatangajwe n’Ibiro bishinzwe amatora muri iki gihugu.
Aya matora abaye intangiriro y’inzira igarura ubutegetsi bwa gisivile, nyuma y’uko mu 2021 Jenerali Doumbouya yafashe ubutegetsi ahiritse Perezida Alpha Condé wari umaze imyaka irenga icumi ku butegetsi.
Umuyobozi w’Ibiro bishinzwe amatora yatangaje ko ubwitabire bw’amatora bwari ku gipimo cya 80%, ashimangira ko abaturage bitabiriye ku buryo bushimishije.
Mu 2021, ubwo yari amaze gufata ubutegetsi, General Doumbouya yasezeranyije Abanya-Guinea ko ubutegetsi buzashyirwa mu maboko y’abasivile “ku neza”, anatangaza ko nta musirikare uzaba umukandida.
Icyo gihe yagize ati: “Ntabwo jyewe cyangwa undi wo mu ngabo tuzaba abakandida ku kintu icyo ari cyo cyose. Nk’abasirikare, duha agaciro ijambo ryacu.”
Nyuma y’imyaka ine, Itegeko Nshinga rishya ryemejwe muri Nzeri ryemerera abasirikare kwiyamamaza, bituma General Doumbouya wari warafashe ubutegetsi akiri Colonel yinjira mu matora nk’umukandida.
Abasesengura politiki bavuga ko kuba Alpha Condé ndetse na Cellou Dalein Diallo ukomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bari hanze mu buhungiro, byatumye Doumbouya yegukana intsinzintawe bahanganye cyane.
Iyi ntsinzi imuhaye manda y’imyaka irindwi yo kuyobora igihugu gikize ku butare bwa bauxite.
Ibyashijwe ubutegetsi bwe
Nubwo akunzwe cyane n’urubyiruko, General Doumbouya yakunze kunengwa n’imiryango itandukanye iharanira uburenganzira bwa muntu, imushinja guhagarika imyigaragambyo, guhangana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, no kugabanya ubwisanzure bw’itangazamakuru mu gihe igihugu cyiteguraga amatora.
Guinea ni cyo gihugu gifite ubutare bwa bauxite bwinshi ku isi, kandi iri no mu bihugu bifite ubutare bwa iron-ore ku rugero ruhanitse.
Mu kwezi gushize, ubuyobozi bw’iki gihugu bwatangije ku mugaragaro ikirombe kinini cya iron-ore, gifatwa nk’inkingi ikomeye mu ruhando rw’inganda zikora ibyuma.
Ibyo wamenya kuri Doumbouya
Doumbouyayafashe ubutegetsi mu 2021 afite imyaka 41, afite ipeti rya Colonel. Icyo gihe yabaye umukuru w’igihugu muto kurusha abandi muri Afurika.
Yakoze ubutumwa bwa gisirikare mu bihugu birimo Afghanistan, Côte d’Ivoire, Djibouti na Centrafrique.
Akomoka mu bwoko bw’Abamalinké, kimwe na Alpha Condé yahiritse. Yagize amahugurwa y’igisirikare muri Israel, Senegal, Gabon n’u Bufaransa. Yamaze igihe kinini akorera mu ngabo z’Ubufaransa
Mu 2018, Condé yamugaruye mu gihugu ngo ayobore umutwe w’ingabo udasanzwe (GFS). Nyuma y’imyaka itatu muri uwo mutwe, yahiritse Condé. Mu mwaka ushize yazamuwe ku ipeti rya Jenerali.
