Mu gihe shampiyona y’umukino w’amaboko ya Basketball igenda igana ku musozo, abakurikiranira hafi iyi mikino bakomeje kwibaza uko izarangira bijyanye n’uko amakipe menshi akomeje kotsanya igitutu.
Ikigambiriwe ahanini ni ukwishakamo amakipe ane ya mbere azakina imikino ya kamarampaka byose biganisha ku ikipe izatwara igikombe cya shampiyona.
Mu kiganiro ICK News yagiranye na Rutayisire Fabrice uyobora ikigo ‘Ballerzone’ gikora mu mikino ya Basketaball mu Rwanda no muri Afurika, yagaragaje ko APR, REG, Patriots na Tigers ariyo makipe we aha amahirwe yo kuzagera mu mikino ya kamarampaka.

Ku bwe, ngo kuba Patriots iri ku mwanya wa kabiri n’ifite imikino icumi yatsinze igatsindwa itanu, ikaba ifite ikinyuranyo cy’amanota 123 (goaldifference) biri mu bituma ayiha amahirwe yo kugera ku mikino ya nyuma.
Ni kimwe no ku ikipe ya REG BBC kuko imaze gukina imikino 13 ikaba isigaje imikino 3 harimo n’uwo izakina na patriots. Kuri ubu ifite ikinyuranyo cy’amanota 171.
Rutayisire ati “Ubundi navuga ko guhangana gukabije kuri ku makipe abiri ariyo Tigers na UGB. Tigers isigaje imikino ibiri navuga ko amakipe bazakina aciriritse bitewe n’uburyo amaze iminsi yitwara, uburyo bw’imitsindire ndetse n’abakinnyi afite, ayo makipe ni AZOMCO na Kepler, Tigers imaze gukina imikino 14 ikaba yaratsinze 8 itsindwa 6, iramutse itsinze iyi mikino yahita igira imikino 10 ariko ifite umwenda w’amanota 11 bigasaba ko izatsinda amanota menshi igakuramo umwenda kugira ngo nayo yizigama menshi.”
Akomeza agira ati “Ku rundi ruhande, UGB isigaje imikino itatu ariko muri yo, iyo wavuga ko ikomeye ni uwa REG BBC mu gihe Jean Jacqeus Boissy yakina ariko mu gihe atakina yaba iciriritse nk’andi yose (underdog). Undi mukino uyikomereye navuga n’uwo izakina na Orions kuko ikina umukino wegeranye cyane (tight game) ku buryo niyo uyitsinze usanga hatarimo ikinyuranyo kinini. Espoir yo iroroshye kuko imaze gutsindwa imikino myinshi ku buryo utavuga ko ari ikipe ikomeye cyane kuri UGB.”
Rutayisire avuga ko kuba UGB imaze gutsindwa imikino 6 ikaba yaratsinze 7, yagira intsinzi 10 mu gihe yatsinda imikino yose isigaranye uko ari 3.
Ati “Na Tigers iramutse itsinze imikino 3 isigaranye yaba igize intsinzi 10. Icyo gihe rero hazarebwa amanota y’ikinyuranyo (Goaldefference), ariko ahantu UGB idafite amahirwe menshi nuko ifite umwenda w’amanota 42, kuko byayisaba gukuramo uwo mwenda bagatsinda n’amanota menshi yo kwizigama, mu gihe Tigers yo ifite umwenda w’amanota 11, ikaba ishobora no koroherwa gukuramo uyu mwenda ndetse ikanashaka amanota menshi yo kwizigama.”
Kuki Patriots BBC idashobora guhungabanywa n’iyi mibare?
Rutayisire avuga ko Patriots isa n’iyamaze kwizera umwanya umwe mu myanya ine ya mbere.
Yagize ati: “Amakipe ahabwa amahirwe menshi nk’uko hano nabivuga tugendeye ku mibare ni Patriots, mu gihe yatsindwa umukino isigaranye yagira intsinzwi 6 ikagira imikino 10, mu gihe Tigers yatsinda iyi mikino yose yaba igize intsinzi 10 na UGB nayo itsinze imikino isigaye yose yagira intsinzi 10 bigahita bituma amakipe yose anganya. Icyo gihe icyakurikizwa bareba amanota y’ikinyuranyo kandi aha Patriots ifite amanota 123. Biragoye rero ko UGB yatsinda amanota 42 y’umwenda ifite ikanarenzaho amanota y’ikinyuranyo 123 kugira ngo yizere umwanya wa kabiri cg uwa gatatu, biranagoye kandi ko Tigers yatsinda amanota 11 y’umwenda ikanarenzaho amanota y’ikinyuranyo arenga 100.”
Ibi bivuze ko byanga bikunda Patriots yizeye umwanya wo kuzakina imikino ya Playoffs ahubwo imibare myinshi ikaba isigaye hagati ya UGB na Tigers.
Icyakora Rutayisire aha amahirwe menshi Tigers ko ariyo ishobora gusoreza ku mwanya wa kane.
Ku bijyanye n’ikipe ishobora kuzegukana igikombe cya Shampiyona y’uyu mwaka, Rutayisire asanga ari APR bitewe n’uko kugeza ubu imaze gutsindwa umukino umwe kandi ikaba ifite abakinnyi benshi bashoboye.
Ati “Ikindi kandi, APR BBC ni ikipe abakinnyi benshi kandi ifite n’abasimbura beza. Urumva ko ifite amahirwe kuko Playoffs ni imikino y’uruhererekane isaba kuba ufite abakinnyi benshi basimbura kandi bagakora ikinyuranyo kuruta Patriots ifite bake nk’abasimbura kandi batanakora ikinyuranyo. Nicyo kimwe na REG BBC yo ifite abakinnyi beza nk’ababanzamo ariko ntifite abasimbura bakomeye.”
Uko imibare iteye kugeza ubu
Amakipe amwe yasoje imikino mu gihe andi ari gukina imikino ya nyuma isoza shampiyona. Ibi bituma hazamo imibare myinshi.
Magingo aya amakipe arimo REG BBC, Patriots, UGB BBC ndetse na Tigers BBC niyo ari guhatanira imyanya itatu isigaye muri ine kuko APR BBC yo yamaze gusoza imikino yayo muri shampiyona ikaba iri ku mwanya wa mbere, ikaba yaratsinzwe umukino umwe.
REG BBC ni imwe mu makipe akiri mu mibare yo guhatanira itatu kuko kugeza ubu ku rutonde rw’agateganyo iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 23 ariko ikaba ifite imikino 3 isigaje gukina. Ibi bivuze ko mu gihe yayitsinda yose yagira amanota 29 bigahita biyiha amahirwe yo gusoreza ku mwanya wa 2.
Imikino isigaje gukina ni yo izakina na Kepler BBC, Patriots ndetse na UGB.
Patriots BBC yo iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 25 mu mikino 15. Isigaje umukino umwe, iramutse iwutsinze yagira amanota 27. Umukino isigaje ikaba izakina na REG.
Tigers nayo ni imwe mu makipe ahabwa amahirwe yo kuza mu myanya 4 ya mbere aho iri ku mwanya wa kane n’amanota 22 mu mikino 14. Isigaje imikino ibiri izakina na AZMOCO na Kepler, mu gihe yatsinda iyi mikino yagira amanota 26.
Mu gihe UGB iri ku mwanya wa 5 n’amanota 20 mu mikino 13. Isigaje imikino 3 izakina na Espoir BBC, Orion BBC na REG BBC. Iramutse itsinze iyi mikino yose ariko Tigers igatakaza umukino 1, byayiha kuza mu makipe 4 ya mbere. Ubwo UGB yagira amanota 26, Tigers BBC ikagira amanota 25.
Shampiyona ya basketball isanzwe (regural season) iri kugana ku musozo aho amakipe asoreje mu myanya ine ya mbere akina imikino ya kamarampaka kugira ngo haboneke iyegukana igikombe bikaba biyiha n’amahirwe yo guhagararira u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo yitwa (BAL).
