Kuwa kane tariki ya 13 Werurwe abayobozi ba Arumeniya na Azerbaijani batangaje ko impande zombi zemeye amasezerano y’amahoro agiye kurangiza intambara imaze hafi imyaka mirongo ine hagati y’ibihugu byombi byahoze bibarizwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti.
Ibi bihugu by’ibituranyi bimaze imyaka myinshi bihanganye kubera akarere ka Nagorno-Karabakh, agace kari mu misozi ya Caucasus, kabagamo Abanyarumeniya bagera ku 120,000.
Nubwo ako karere kemerwa nk’igice cya Azerbaijani ku rwego mpuzamahanga, imyaka myinshi kabaye mu maboko y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ba Arumeniya.
Intambwe ikomeye muri uyu mwanzuro w’amahoro yashimangiwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Arumeniya yatangaje ko amasezerano y’amahoro “yiteguye gusinywa.”
Amakuru atangwa n’ikigo cy’itangazamakuru cya Leta, ya Arumeniya(Armenpress) avuga ko nkuko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Arumeniya iki gihugu cyemeye ibitekerezo bya Azerbaijani ku “ngingo ebyiri zitari zasobanuka” ziri mu nyandiko y’amasezerano”.
Icyakora minisitiri w’Intebe wa Arumeniya, Nikol Pashinyan yatangaje ko “Imwe muri izo ngingo ireba kutohereza ingabo z’ibindi bihugu ku mupaka. Indi ijyanye no gukuraho ibirego impande zombi zaregeye inzego mpuzamahanga no kwemera kutazagira igikorwa cy’ubushotoranyi buri ruhande rukorera urundi”.
Imishyikirano y’amahoro yatangiye nyuma y’uko Azerbaijani yigaruriye Karabakh ku ngufu muri Nzeri 2023, bikaviramo hafi y’Abanyarmeniya 100,000 bo muri ako karere guhungira muri Armeniya. Umupaka w’ibihugu byombi ureshya na kilometero 1,000 (621-mile) urafunze kandi urinzwe bikomeye n’igisirikare.
