Ku wa Kabiri, tariki ya 9 Nzeri 2025, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yacakiranye n’ikipe y’igihugu ya Zimbabwe.
Byari mu mukino wa munani wo mu matsinda y’imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho warangiye rutsinze Zimbabwe igitego 1-0. Ni igitego cyatsinzwe na Mugisha Gilbert usanzwe ukinira ikipe y’Ingabo z’igihugu (APR FC) ku munota wa 40 w’umukino.

Nyuma y’umukino, Perezida mushya wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yatangaje ko abakinnyi bazahabwa agahimbazamusyi kuri uyu wa gatatu, aho buri umwe ahabwa miliyoni 1,000,000 Frw.
Yagize ati: “Instinzi turayitahanye Imana ishimwe, ndabizi hari abantu bari busubire mu Rwanda abandi basubire mu bihugu bakinamo ariko ngira ngo akanyenyeri mwese kazabageraho.”
Amavubi iyo anganya uyu mukino buri mukinnyi yari guhabwa agahimbazamusyi kangana n’ibihumbi 750 Frw.

Uretse ibyo kandi, Shema yemereye abakinnyi ko imyambaro bakinanye bazayitwara nk’urwibutso.
Ati: “Uyu mwambaro muwutware nk’urwibutso.”
U Rwanda rwatangiye urugendo rwo gushaka itike yo kuzakina Igikombe cy’Isi mu Ugushyingo 2023.
Icyo gihe iyi kipe yatozwaga n’Umudage Torsten Frank Spittler. Mu mikino yatoje, Amavubi yanganyije (0-0) na Zimbabwe i Huye, atsinda Afurika y’Epfo (2–0), arongera atsindwa na Benin (1–0), atsinda Lesotho (1–0), biyafasha gusarura amanota arindwi mu mikino 4.

Nyuma haje umutoza mushya, Adel Amrouche, aho amaze gutoza imikino itatu muri iri rushanwa.
Umukino wa mbere yawutsinzwe na Nigeria ibitego (2-0), anaganya na Lesotho (1–1), yongera gutsindwa na Nigeria (1-0), kongeraho n’uyu mukino u Rwanda rwatsinzemo Zimbabwe igitego (1-0).
Kugeza ubu, mu mikino 8 imaze gukinwa, Amavubi amaze gutsinda 3, atsindwa 3, anaganya 2, akaba ari ku mwanya wa 4 mu itsinda C, n’amanota 11 anganya na Nigeria iri ku mwanya wa gatatu.
Mu mikino u Rwanda rusigaje ngo rusohoke mu matsinda harimo Benin na Afurika y’Epfo.

Umwanditsi : Jean Bosco Tugirimana
